00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyarwanda Warren Kamanzi yabonye ikipe nshya muri Suède

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 16 July 2026 saa 07:42
Yasuwe :

Umukinnyi w’Umunyarwanda, Warren Kamanzi, uheruka gutandukana na Toulouse FC yo mu Bufaransa yerekeje muri Malmö FF yo mu Cyiciro cya Mbere muri Suède.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 16 Nyakanga 2026, ni bwo Malmö FF yatangaje ko yungutse uyu mukinnyi mushya usanzwe ukina mu bwugarizi anyuze mu mpande.

Uyu mukinnyi yahawe amasezerano azamugeza mu 2029, ndetse akaba yishimiye kuyigeramo nyuma y’uko amasezerano ye muri Toulouse FC yo muri Ligue 1.

Yagize ati “Ndishimye cyane ndetse mfite umunezero wo kuza mu ikipe nziza nka Malmö FF. Nzi neza amateka y’ahantu nje.”

Kamanzi wakuriye mu irerero ry’umupira w’amaguru rya RBK Youth n’irya RBK Youth, yakiniye andi makipe arimo Rosenborg BK, Tromsø IL na Ranheim zo muri Norvège.

Uyu mukinnyi w’imyaka 26 wavukiye muri Norvège, ni umwe mu bakomeje kuganirizwa ku kuba bakinira Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’.

Warren Kamanzi asanzwe akina mu bwugarizi
Warren Kamanzi yerekeje muri Malmö FF yo muri Suède.

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages