00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kane yabaye umukinnyi wa mbere utsinze penaliti nyinshi mu Gikombe cy’Isi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 18 June 2026 saa 12:31
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza yatangiye neza imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda Croatia ibitego 4-2, rutahizamu wayo Harry Kane akora amateka arimo kuba uwa mbere winjije penaliti nyinshi muri iri rushanwa.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 17 Kamena 2026, ni bwo amakipe yombi yahuriye kuri Dallas Stadium muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mukino wa mbere mu Itsinda L ari na ryo rya nyuma muri iri rushanwa.

Croatia yatangiye umukino ihuzagurika, ndetse ku munota wa cyenda kapiteni wayo, Luka Modrić, akorera ikosa Noni Madueke wari mu rubuga rw’amahina, umusifuzi w’Umufaransa, Clément Turpin, ahita atanga penaliti.

Harry Kane ni we wateye iyi penaliti, ariko ibanza gukurwamo n’umunyezamu wa Croatia, Dominik Livaković, gusa umusifuzi amubwira ko yakoze amakosa yo gusohoka mbere, ategeka ko isubirwamo.

Uyu rutahizamu yahise ayisubiza mu izamu atsinda igitego cya mbere muri uyu mukino, ndetse ahita aba umukinnyi wa mbere ku Isi utsinze penaliti nyinshi mu Gikombe cy’Isi.

Ku munota wa 36, Croatia yishyuye iki gitego ku mupira Petar Sučić yahereje Martin Baturina, na we ntiyazuyaza ahita awohereza mu izamu ryari ririnzwe na Jordan Pickford.

Harry Kane wari mwiza muri uyu mukino ntiyatumye Croatia ituza kuko yayitsinze igitego cya kabiri ku munota wa 42, giturutse ku mupira yashyize mu izamu n’umutwe uvuye kuri koruneri yari itewe na Declan Rice.

Ni igitego cy’amateka kuri uyu rutahizamu kuko yahise yuzuza ibitego 10 mu Gikombe cy’Isi, aba Umwongereza wa kabiri ubikoze nyuma ya Gary Lineker.

Yanabaye kandi Umwongereza wa kabiri ushoboye kwinjiza igitego mu marushanwa atatu atandukanye y’Igikombe cy’Isi, aho yabikoze mu 2018, 2022 na 2026, naho David Beckham abikora mu 1998, 2002 na 2006.

Uyu rutahizamu wa Bayern Munich wayigezemo mu 2023, kuva icyo gihe amaze kugira uruhare mu bitego 200 mu mikino 178 yakinnye. Yatsinze 168 atanga imipira 32 ivamo ibindi.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, ku munota wa kane w’inyogera, ubwugarizi bw’u Bwongereza bwahuzaguritse, bituma Petar Musa yishyurira Croatia igitego cya kabiri abifashijwemo na Ivan Perišić.

Mu ntangiriro z’igice cya kabiri zabaye nziza ku Bwongereza kuko bwatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 47, gitsinzwe na Jude Bellingham wazamukanye umupira wenyine kugeza yinjiye mu rubuga rw’amahina agatsinda igitego.

Nyuma y’iki gitego u Bwongereza bwakomeje kurusha Croatia ndetse bugahusha n’ibitego byinshi. Mu buryo bw’igitego bundi bwabonetse harimo ubwa Nico O’Reilly ku munota wa 49, Declan Rice ku wa 52, Anthony Gordon ku wa 56, Harry Kane ku wa 57 n’indi myinshi.

Thomas Tuchel utoza u Bwongereza yageze aho akora impinduka akura mu kibuga, Anthony Gordon, Declan Rice na Noni Madueke, ashyiramo Marcus Rashford, Bukayo Saka na Morgan Rogers.

Aba bongeye imbaraga mu kibuga bituma iyi kipe ibona igitego cya kane ku munota wa 85 gitsinzwe na Marcus Rashford wari uherejwe umupira mwiza na Bukayo Saka.

U Bwongereza na Croatia byakinnye umukino wa mbere mu Gikombe cy'Isi cya 2026
Jürgen Klopp na Jordan Henderson bakurikiye uyu mukino
Abakinnyi 11 u Bwongereza bwabanje mu kibuga
U Bwongereza bwarushije cyane Croatia mu ntangiriro z'umukino
Harry Kane yikosoye atsinda penaliti nyuma yo kuyisubiramo
Hary Kane yabaye umukinnyi wa mbere winjije penaliti nyinshi mu Gikombe cy'Isi
Harry Kane na Jude Bellingham bishimira igitego cya mbere cy'u Bwongereza
Luka Modrić ahanganiye umupira na Jude Bellingham
Martin Baturina yatsinze igitego kimwe muri bibiri bya Croatia
Petar Musa yishimira igitego yishyuriye Croatia
Umukino wari uw'imbaraga zidasanzwe ku makipe yombi
Jude Bellingham yishimira igitego cye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages