Ku wa Kabiri, tariki ya 23 Kamena 2026, ni bwo u Bwongereza buzakina na Ghana mu mukino wa kabiri mu Itsinda L ry’Igikombe cy’Isi cya 2026, uzabera muri Boston Stadium.
Kugeza ubu amahirwe menshi arahabwa Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza kuko yatsinze Croatia ibitego 4-2, nubwo na Ghana yatsinze Panama igitego 1-0.
Mu kiganiro Bonsam usanzwe ari umupfumu yagiranye na n’ikinyamakuru, Daily Star, yavuze ko ari kwita kuri Harry Kane watsinze ibitego bibiri mu mukino uheruka.
Ati “Ubu ndi gukora kuri Harry Kane. Nerekanye ubushobozi bw’ibyo nshobora gukora, rero nzi icyo ngomba gukora nkamuhagarika. Benshi baranzi ku byo mba nateganyije.”
“Ntabwo mwifuriza kugira imvune ikomeye cyane. Bizaba bihagije nimuhagarika ari gukina n’igihugu cyanjye. Nzakora akazi kanjye kugira ngo mfashe Ghana.”
Si ubwa mbere uyu mugabo avuga amagambo yo guteza imvune abakinnyi, kuko mu Gikombe cy’Isi cya 2014 yigambye imvune ya Cristiano Ronaldo yatumye adakina na Ghana.
Icyo gihe yavuze ko azi impamvu Ronaldo yavunitse, kandi imvune yamuteje itavurwa n’imiti iyo ari yo yose kuko iterwa n’imbaraga z’umwijima, gusa icyiza akaba afite ubushobozi bwo kuyikiza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!