Mel Togui w’imyaka 28, ari mu bakinnyi bazwi cyane muri iki gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika aho mu myaka irindwi ishize yari umwe mu batanga icyizere kurusha abandi.
Gusinya kwe muri APR FC byagarutsweho n’ibinyamakuru bitandukanye birimo Foot d’Afrique, Sport Mania, Mondial Sport na StadIvoire.
Mel Togui yavugishije benshi muri Côte d’Ivoire mu 2018 kubera uburyo yatsindaga buri gihe ndetse bamwe bakavuga ko buri mupira akozeho uhinduka zahabu. Uwo mwaka w’imikino warangiye atsinze ibitego 23 ndetse nta wundi urageza kuri ako gahigo.
Umunyamakuru Alex Payne avuga ko uyu mukinnyi wakuriye muri Espérance de Koumasi, akanyura muri Maroc mu Ikipe ya Difaâ El Jadida, afite impano idasanzwe ndetse ashobora gukora buri kimwe umukinnyi usatira izamu asabwa.
Kuva mu mwaka w’imikino wa 2017/18, nta wundi mukinnyi uratsinda ibitego byinshi mu mwaka umwe wa Shampiyona ya Côte d’Ivoire nk’uko William Togui yabikoze akinira SC Gagnoa agatsinda ibitego 23 mu mikino 26.
Ni mu gihe kandi kuva mu 1992, nta mukinnyi wagejeje kuri uwo mubare kuko uwusatira ari Gohi Bi Cyriaque watsinze ibitego 21 akinira ASEC Mimosas mu mwaka w’imikino wa 2007/08.
Muri Nyakanga 2018 ni bwo William Togui yerekeje i Burayi, ahera mu Ikipe ya KV Mechelen aho yayitsindiye ibitego 14 mu mikino 60 yagaragayemo kugeza mu 2020.
Gusa mu 2021 yatijwe muri Espérance de Tunis atsinda ibitego bitatu mu mikino icyenda naho mu mwaka w’imikino wa 2021/22 atizwa muri RWDM yatsindiye ibitego bitanu mu mikino 24 mbere y’uko atizwa Hapoel Jerusalem yatsindiye ibitego bitatu mu mikino 30 yakinnye mu mwaka w’imikino wa 2022/23.
Mu mwaka w’imikino wakurikiyeho ni bwo Togui yaguzwe n’Ikipe ya Tulzaspor muri Turikiya, ayitsindira ibitego ibitego umunani mu mikino 28 yayikiniye mbere yo kugurwa na Ankara Keçiörengücü SK yo mu Cyiciro cya Kabiri, aherukamo muri Mutarama.
Mu 2019, ni bwo uyu mukinnyi yahamagawe bwa mbere mu Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire nyuma yo kwitwara neza mu Bubiligi, agirirwa icyizere n’umutoza Kamara Ibrahim ubwo ‘Les Eléphants’ yitegura guhura na Bénin na Tunisia. Ni mu gihe kuri ubu yitabajwe inshuro eshanu.
Muri APR FC, William Togui azahanganira umwanya n’abarimo Umunya-Mauritanie, Mamadou Sy n’Umunya-Uganda Denis Omedi mu gihe Umunya-Burkina Faso, Cheikh Djibril Ouattara, ashobora gukina ku ruhande rw’iburyo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!