Uyu mwanzuro wo gutandukana wafatiwe mu nama yahuje Ubuyobozi bwa Gikundiro n’Umutoza Zelfani nyuma yo kunganya na Marines FC ibitego 2-2 ku Cyumweru, tariki 7 Ukwakira 2023 mu mukino w’Umunsi wa Kane w’ikirarane cya Shampiyona.
Muri uyu mukino Yameni Zelfani yibasiwe n’abafana bamushinja kuba intandaro yo kuwunganya kubera impinduka yakoze ugana ku musozo ndetse no kugerekwaho gusezererwa muri CAF Confederation Cup na Al Hilal Benghazi.
Abafana bamubwiye kubavira mu ikipe, banenga imisimburize yo mu minota ya nyuma aho yakuyemo Myugariro Mitima Isaac wasimbuwe na Kapiteni wungirije Mugisha François ‘Master’ na Youssef Rharb wasimbuwe na Mugadam nyamara ikipe yari izigamye igitego kimwe. Umutoza Zelfani na we yarabasubije, batukana imbonankubone ku karubanda.
Abafana kandi bunzemo bati ati “Tubura n’itike yo kugera mu matsinda na none ni uku wabigenje, kutumvikana n’abakinnyi ni byo bitugejeje aha. Utuvire mu ikipe.”
Ibi byabaye gato nyuma y’uko Myugariro Mitima Isaac yashatse kurwana n’uyu mutoza nyuma yo kutemeranywa na we ku misimburize.
Ibi bije kandi nyuma yo kubura itike y’amatsinda nyuma yo gusezererwa na Al Hilal Benghazi mu mikino yombi kuri penaliti 4-2 nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije ibitego 2-2.
Zelfani wahawe inshingano zo gutoza Rayon Sports yanyuze mu makipe atandukanye nka FC Nouadhibou yo muri Mauritanie, Al-Merrikh yo muri Sudani, JS Kabylie yo muri Algeria, Al-Talaba yo muri Iraq na Jeddah yo muri Arabie Saoudite.
Yavuye muri Rayon Sports ayisigiye Super Cup nyuma yo gutsinda mukeba APR FC ibitego 3-0 ndetse na RNITSavings Cup yegukanye atsinze mukeba, Kiyovu Sports, ibitego 3-0.
Mu mikino itanu ya Shampiyona Rayon Sports yatozwaga na Zelfani yakinnye yatsinzemo umwe, inganya itatu. Ayisize ku mwanya wa karindwi n’amanota atandatu ku rutonde ruyobowe na Musanze FC n’amanota 10 inganya na APR FC.
Umunya-Tunisia Yamen Zelfani, watandukanye na Rayon Sports, yasubiye iwabo mu rukerera rwo ku wa Kabiri, tariki 10 Ukwakira 2023. pic.twitter.com/XilhtCmCEd
— IGIHE Sports (@IGIHESports) October 10, 2023



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!