00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yari nk’icyihebe gifite ifirimbi- Sam Karenzi ku wasifuriye APR FC na Kiyovu Sports

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 16 February 2026 saa 08:14
Yasuwe :

Umunyamakuru wa Siporo kuri SK FM, Sam Karenzi, yavuze ko Umusifuzi Twagirumukiza Abdul Karim wayoboye umukino APR FC yanganyijemo na Kiyovu Sports igitego 1-1 ku wa Gatandatu, yari nk’icyihebe gifite ifirimbi.

Karenzi yabigarutseho mu kiganiro Urukiko rw’Ikirenga cya SK FM kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Gashyantare 2026, ubwo bagarukaga kuri uyu mukino w’Umunsi wa 20 wa Rwanda Premier League.

Abanyamakuru b’iyi radiyo bavuze ko bagiye kugaruka ku muntu ushinzwe umutekano ku kibuga wasagariye abanyamakuru, Sam Karenzi ahita avuga ati “Va kuri ibyo! Ndashaka ko duhera ku muntu bita Abdul [Twagirumukiza].”

Yongeyeho ati “Uzi ko hari umukino asifura ukagira ngo ni nk’icyihebe gifite ifirimbi?”

Mugenzi we Ishimwe Ricard yamubajije niba avuga Abdul biganye muri Kaminuza, ahita anaseka cyane.

Karenzi yahise agira ati “Abdul Twagirumukiza? Abdul uzi ko yasifuye umukino nk’icyihebe! Uzi ko yafataga ibyemezo bitabaho mu misifurire.”

Musangamfura Christian ‘Lorenzo’ yabajije Karenzi uburyo atungurwa n’umuntu usanzwe azwi.

Ati “Kuki utungurwa n’uburyo Abdul yitwaye, ko umuzi, ko uzi inkuru ziba zimuzengurutse, kuki udatungurwa no kumuha gusifura umukino nk’uyu?”

Yongeyeho ati “Ni nde wagombaga guha ikarita itukura umunyezamu wa APR [Hakizimana Adolphe ku ikosa yakoreye hanze y’urubuga rw’amahina]? Uriya ni umutuku.”

Kuri iri kosa ryo ku munota wa 70, Karenzi yagize ati “Abantu bagerageje kubigoreka, abasifuzi ba hano bagerageje kuyobya abanyamakuru ngo si ikarita itukura, ariko ni ikarita itukura igaragara.”

“Umunyezamu yarasohotse, hanze y’urubuga rw’amahina, ni we wari umukinnyi wa nyuma kuko nta wundi uhari. Abasifuzi bose nabajije hano bambwiraga ibintu nkumva simbyumva neza. Utari Umunyarwanda nayihaye, yambwiye ibitandukanye.”

Twagirumukiza avugwaho kuba umukunzi wa APR FC.

Karenzi yongeyeho ati “Uzi ko Abdul yanga kurangiza umukino abishaka? Stade yose byayicanze, ukabona ntacyo bimubwiye.”

Lorenzo yahise agira ati “Iminota itandatu ivemo 12!”

Muri uyu mukino, Kiyovu Sports yari yafunguye amazamu ku munota wa 80, ku gitego cyatsinzwe na Harerimana Abdul Aziz ‘Rivaldo’.

Denis Omedi yishyuriye APR ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina ku munota wa mbere w’inyongera.

Umusifuzi wa Kane, Murindangabo Moïse, yari yerekanye iminota itandatu y’inyongera, ariko umukino warangiye hamaze gukinwa iminota icyenda.

Twagiramukiza Abdul Karim asanzwe ari Umusifuzi Mpuzamahanga wa FIFA kuva mu 2013.

Umunyamakuru wa SK FM, Sam Karenzi, yavuze ko Twagirumukiza wasifuye umukino wa APR FC na Kiyovu Sports yari nk'icyihebe gifite ifirimbi
Sam Karenzi yavuze ko yatunguwe n'ibyemezo Twagirumukiza yagiye afata muri uyu mukino
Twagirumukiza Abdul Karim amaze imyaka 13 ari Umusifuzi Mpuzamahanga wa FIFA

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages