Itangazo ryasohowe kuri uyu wa 21 Ukuboza, rivuga ko kuri uyu wa Mbere inama rusange y’ubuyobozi bw’iyi kipe igomba guterana kugira ngo baganire ku kibazo babona ko ari akarengane bakorewe muri uwo mukino.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri iki gihugu ryo ryatangaje ko nta butumwa cyangwa urwandiko ruvuye muri iyi kipe rirabona bwemeza ayo makuru yo kwikura muri shampiyona.
Na mbere y’uko uwo mukino uba, ikipe ya Zamalek yari yasabye ko umukino utasifurwa na Mahmoud Al Banna ariko bayitera utwatsi.
Muri uyu mukino, umusifuzi Al Banna yahaye myugariro wa Zamalek Ali Gabr ikarita itukura nyuma y’iminota ine gusa y’umukino anatanga penaliti kuri El Gaish ndetse hashize iminota 10 igice cya kabiri gitangiye atanga penaliti ya kabiri n’ubundi kuri El-Gaish.
Nk’uko amategeko agenga umupira w’amaguru muri icyo gihugu abigena, igihe cyose yaba yikuye muri shampiyona Zamalek ishobora kumanurwa mu cyiciro cya kane.



















TANGA IGITEKEREZO