00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zlatan Ibrahimović na Pep Guardiola mu batunguwe n’inyogosho nshya ya Erling Haaland

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 25 August 2026 saa 07:37
Yasuwe :

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza, Erling Braut Haaland, yogoshe umusatsi we awumaraho, abarimo Zlatan Ibrahimović na Pep Guardiola, batungurwa n’iyo nyogosho bamubaza icyatumye afata uyu mwanzuro utari witezwe.

Ku Cyumweru, tariki ya 23 Kanama 2026, ni bwo uyu mukinnyi yagargarije abakunzi be n’ab’umupira w’amaguru muri rusange, ko yahinduye uburyo yagaragaraga ku mutwe.

Uyu mukinnyi ukina nka rutahizamu, yari asanzwe afite umusatsi mwinshi, aho rimwe na rimwe yazirikiraga inyuma kugira ngo utamubangamira igihe ari mu kibuga, ubundi akawurekura akenshi atari mu kibuga.

Gusa uyu musatsi yawogoshe, mu mpande awumaraho, hejuru asigaho muke cyane, ku buryo benshi batunguwe no kumubona mu isura nshya atari amenyereweho.

Mu batunguwe n’uyu mukinnyi harimo uwahoze ari umutoza we, Pep Guardiola, agira ati “Birareze. Ugira amahirwe kuba ugifite umusatsi, nakifuje ko nanjye mba mfite nk’uwawe.”

Ni mu gihe Zlatan Ibrahimović, yavuze ko yibaza impamvu ituma uyu mukinnyi afata umwanzuro ukomeye wo kwikuraho umusatsi.

Ati “Watsinzwe intego, ariko nta kuntu wabinyumvisha. Ariko Mana yanjye, wakoze iki? Unkure mu bantu uhamagara, unibagirwe nimero yanjye. Umugore wanjye na we yavuze ko ufite ibibazo. Ubu se uzagira umuvuduko mwinshi kurushaho, cyangwa?”

Mugenzi we bakinana, Jack Grealish, yavuze ko ari kugaragara nk’umwana. Ati “Umeze nk’umwana w’imyaka 10. Nabikunze.”

Erling Haaland uri mu bakinnyi beza muri Shampiyona y’u Bwongereza, ku mukino wa mbere wahuje Man City na Bournemouth, ntiyigeze atsinda igitego.

Erling Haaland yahinduye inyogosho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages