Rutahizamu w’Umutaliyani Mario Balotelli, yatangiye atsindira ibitego bibiri ikipe ye nshya ya Milan AC mu mukino wabahuje na Udinese ku munsi wa 23 wa shampiyona yo mu Butaliyani ubwo Milan AC yatsindaga 2-1.
Igitego cya mbere Balotelli yagitsinze ku munota wa 25 w’umukino, ku ishoti yateye aherejwe na mugenzi we Stephan El Shaarawy. Ikindi yagitsinze ku munota wa kane w’inyongera kuri penaliti.
Balotelli w’imyaka 22 y’amavuko uzwi ku izina rya Super Mario, yagiye mu ikipe ya Milan AC avuye muri Manchester City yo mu Bwongereza.
Yatangarije televiziyo ya Sky Sport ko nyuma y’uyu mukino yishimiye kuba amaze kuwutsinda, ariko ngo agomba gukomeza gukina n’ubwo avuye mu bihe bikomeye muri Manchester City, aho avuga ko yatakarije umwanya we mu kibuga.



















TANGA IGITEKEREZO