00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Di Matteo ntaranyurwa n’imisifurire

Yanditswe na

Emile Nsabimana

Kuya 1 November 2012 saa 03:49
Yasuwe :

Umutoza w’ikipe ya Chelsea mu Bwongereza Roberto Di Matteo, n’ubu aratangaza ko Lee Mason wasifuye umukino Chelsea yongeraga guhura na Manchester United ariko noneho mu gikombe cya Capital One Cup yasifuriye nabi ikipe ye.
N’ubwo Lee Mason yahaye Chelsea penaliti ebyiri, Dimateo yinubye agira ati "Nta muntu uri kugira icyo avuga kuri Handball [umukino w’intoki] yo mu gice cya kabiri ubwo twagombaga kuba twabonye indi penaliti. Twagize ibihe bibiri bikomeye mu mezi 12 ashize aho tutitaweho (…)

Umutoza w’ikipe ya Chelsea mu Bwongereza Roberto Di Matteo, n’ubu aratangaza ko Lee Mason wasifuye umukino Chelsea yongeraga guhura na Manchester United ariko noneho mu gikombe cya Capital One Cup yasifuriye nabi ikipe ye.

N’ubwo Lee Mason yahaye Chelsea penaliti ebyiri, Dimateo yinubye agira ati "Nta muntu uri kugira icyo avuga kuri Handball [umukino w’intoki] yo mu gice cya kabiri ubwo twagombaga kuba twabonye indi penaliti. Twagize ibihe bibiri bikomeye mu mezi 12 ashize aho tutitaweho uko bikwiye: Kuri QPR [ikipe yo muri shampiyona y’u Bwongereza] muri shampiyona ishize, na United ku cyumweru."

Ikinyamakuru the Sun dukesha iyi nkuru kivuga ko Di Mateo akomeza agira ati “Fernando Torres ku cyumweru ntiyari yakavanywe mu kibuga ku cyumweru kandi no koherezwa hanze kwa Jose Bosingwa mu mwaka ushize byari bibi cyane! Dukeneye gufatwa uko bikwiye!”

Uyu mugoroba Chelsea yatsinze Manchester United byagoranye, kuko byabaye ngombwa ko hitabazwa iminota 30 y’inyongera kugira ngo haboneke ikipe itsinda.

Ni nyuma y’iminsi ibiri itsinzwe na Machester, mu mukino utaravuzweho rumwe wabaye ku cyumweru tariki ya 28 Ukwakira uyu mwaka ubwo abakinnyi Torrres na Ivanovic bahabwaga amakarita atukura abirukana mu kibuga Chelsea bagasigara bakina ari icyenda mu gihe nyamara yari imaze kwishyura iri gushaka insinzi.

Ntibyarangiriye aho rero kuko ubu Chelsea yatanze ikirego ku wasifuye uyu mukino, ikaba inamushinja ko yaba yarakoresheje imvugo irimo ivanguraruhu kuko ngo yaba yarise ‘inkende’ umukinnyi John Obi Mikel ndetse imvugo irimo ivangura akayikoresha no kuri Juan Mata nk’uko The sun gikomeza kibivuga.

Nyuma y’umukino wo kuri uyu wa kabiri ariko umutoza wa Chelsea yanze kugira icyo atangaza ku kirego cyatanzwe ku musifuzi Mark Clattenberg wari wasifuye umukino wo ku cyumweru.

Mu mukino wo kuri uyu wa kabiri umutoza wa Manchester Sir Alex Ferguson yitakanye umukinnyi Nani ko ari we watumye atsindwa, kuko ngo “yashatse gukubita umukinnyi bikavamo penaliti” mu gihe nyamara hari mu minota y’inyongera Manchester iyoboye n’ibitego bitatu kuri bibiri, bituma hongerwaho indi minota 30 y’inyongera yaje kurangira ari bitanu bya Chelsea kuri bine bya Man U.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages