Umukinnyi Lionel Mssi wa FC Barecelone muri shampiyona y’umupira w’amaguru ya Espagne (La Liga), yaciye agahigo gashya ko gutsinda ‘igitego cya kabiri’ (deuxieme but) ku nshuro ya 13 mu mukino ikipe ye yatsinzemo ibitego bitandatu kuri kimwe ubwo yakinaga na Getafe.
Urubuga 7sur7 dukesha iyi nkuru rwanditse ko uyu wabaye umukino wa 13 Messi atsindira ikipe ye igitego cya kabiri, hakaba nta wundi mukinnyi wari yabikora.
Messi kandi akomeje guca uduhigo twinshi, ubu igitegerejwe kikaba ari ugutsinda ibitego byinshi muri La Liga kuko ubu afite ibitego 299 kuva yagera muri iyi shampiyona; mu gihe uwayitsinzemo byinshi yatsinze ibitego 300.
Kugeza ubu Barcelone iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 62, ikaba irusha amanota 12 Atletico Madrid iyikurikiye.
Ku bitego 35 kuva shampiyona y’uyu mwaka yatangira, Messi ubu ufite Ballon d’Or enye aracyafite amahirwe yo gukomeza guca utundi duhigo kuko nta n’umukino apfa kurangiza adatsinze.



















TANGA IGITEKEREZO