00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Haraca uwambaye hagati ya Rayon na Kiyovu

Yanditswe na

Vénuste Kamanzi

Kuya 3 November 2012 saa 02:40
Yasuwe :

Kuri uyu wa Gatandatu Rayon Sports iri ku mwanya wa 12 mu makipe 14 agize shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, irakirira Kiyovu Sport iri ku mwanya wa mbere kuri Stade Amahoro kuva saa Kumi n’igice.
N’ubwo mu mpera z’iki cyumweru biteganyijwe ko amakipe yose ari muri shapiyona y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere uko ari cumi n’ane afite imikino yo ku munsi wa munani, uyu mukino wa Rayon Sports na Kiyovu ni wo urimo kuvugwa cyane kubera ihangana n’amateka (…)

Kuri uyu wa Gatandatu Rayon Sports iri ku mwanya wa 12 mu makipe 14 agize shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, irakirira Kiyovu Sport iri ku mwanya wa mbere kuri Stade Amahoro kuva saa Kumi n’igice.

N’ubwo mu mpera z’iki cyumweru biteganyijwe ko amakipe yose ari muri shapiyona y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere uko ari cumi n’ane afite imikino yo ku munsi wa munani, uyu mukino wa Rayon Sports na Kiyovu ni wo urimo kuvugwa cyane kubera ihangana n’amateka y’aya makipe yombi.

Ihangana rya Rayon Sports na Kiyovu Sport ryatangiye gukomera mu myaka ya za 70 cyane cyane ubwo Rayon yari ifite ubuyobozi bukorera mu Mujyi wa Kigali bityo n’ikipe ikahimukira, iza ihasanga Kiyovu n’izindi zari zisanzwe i Kigali. Akenshi ugasanga abakunzi ba Kiyovu bakunze gucyurira abareyo ko ikipe yabo ari inyacyaro.

Kiyovu irangajwe imbere na rutahizamu Bokota Rabama, iratozwa na Kayiranga Jean Baptiste bahoze muri Rayon Sports. Ni ubwa mbere Rayon igiye kwakira Kiyovu irimo gutozwa n’umuzungu kandi yarasubiye i Nyanza ku gicumbi cyayo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages