Stephen Okechukwu Keshi, umutoza w’ikipe y’igihugu cya Nigeria mu mupira w’amaguru “Super Eagles”, yatangaje ko yeguye ku murimo we nyuma yo gutwara igikombe cya Afurika cy’ibihugu cya 2013 ku cyumweru tariki ya 10 Gashyantare 2013.
Urubuga 20minutes.fr ruvuga ko Keshi yagize ati “Natanze ibaruwe y’ubwegure mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria nyuma.”
Yumvikanisha ko nta gishya bigeze bamwereka nyuma yo gutwara igikombe, yongeyeho ati “Iyo winjiye mu gihugu abantu ntibishimire umurimo wakoze ntiwingingira abantu kugukunda!”
Stephen Keshi ni uwa kabiri wakoze amateka yo gutwara igikombe ari umukinnyi akongera kugitwara ari umutoza mu ikipe y’igihugu ku mugabane wa Afurika. Yari yaragitwaye akinira ikipe y’igihugu ya Nigeria mu 1994 ubwo iyi kipe yaherukaga kugitwara, ubu ikaba yaragitwaye ku nshuro ya gatatu. Yari yaragitwaye mu mwaka w’1980 n’1994.



















TANGA IGITEKEREZO