00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

PNFL: Umunsi wa 12 wa Shampiyona

Yanditswe na

Rene Anthere Rwanyange

Kuya 9 January 2013 saa 08:08
Yasuwe :

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 9 Mutarama Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda iraba igeze ku munsi wayo wa 12. Hasigaye umukino umwe icyiciro cya mbere kigasozwa.
Imikino y’uyu munsi amakipe arahura ku buryo bukurikira:
APR Vs. La Jeunesse kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo;
Marines Vs. AS Kigali kuri Stade Umuganda (Rubavu);
Police FC Vs. Amagaju ku Kicukiro (IPRC);
Kiyovu Vs. Muhanga ku Mumena;
Mukura Vs. Espoir kuri Stade Kamena (Huye);
Rayon Sports (…)

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 9 Mutarama Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda iraba igeze ku munsi wayo wa 12. Hasigaye umukino umwe icyiciro cya mbere kigasozwa.

Imikino y’uyu munsi amakipe arahura ku buryo bukurikira:

APR Vs. La Jeunesse kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo;

Marines Vs. AS Kigali kuri Stade Umuganda (Rubavu);

Police FC Vs. Amagaju ku Kicukiro (IPRC);

Kiyovu Vs. Muhanga ku Mumena;

Mukura Vs. Espoir kuri Stade Kamena (Huye);

Rayon Sports Vs. Musanze kuri Stade ya Muhanga;

Isonga Vs. Etincelles kuri Stade Amahoro i Remera.

Uko amakipe akurikirana ku rutonde kugeza ku mukino wa 11 wa Shampiyona.

Nk’uko tubikesha ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, ku mwanya wa Mbere Kiyovu Sports n’amanota 22 izigamye ibitego 2, ku mwanya wa kabiri AS Kigali n’amanota 21 izigamye ibitego 7, umwanya wa gatatu haza La Jeunesse n’amanota 21 izigamye ibitego 5 na ho ku mwanya wa kane hari APR FC n’amanota 20 ikaba izigamye ibitego 7.

Ku mwanya wa Gatanu hari Police FC, ifite amanota 19 izigamye ibitego 6 ikaba ifite n’umukino w’ikirarane yagombaga gukina na Espoir, Police igakora impanuka. Umwanya wa gatandatu ufitwe na Rayon Sports n’amanota 19 izigamye ibitego 5.

Ku mwanya wa karindwi hari Musanze FC n’amanota 18 izigamye ibitego 5, umwanya wa munani haza Amagaju FC n’amanota 14 izigamye igitego kimwe; ku mwanya wa cyenda Espoir FC n’amanota 13, ifite umwenda w’ibitego 2, ku mwanya wa cumi hari Mukura VC n’amanota 12 n’umwenda w’ibitego 2.

Ku mwanya wa 11 hari Isonga FC n’amanota 8 n’umwenda w’ibitego 5, umwanya wa 12 Marines FC n’amanota 8 n’umwenda w’ibitego 8, ku mwanya wa 13 Muhanga FC n’amanota 8 n’umwenda w’ibitego 11 na ho ku mwanya wa nyuma haza Etincelles n’amanota 5 ikaba ifite umwenda w’ibitego 8.

Abatari bukine uyu munsi

Hertier (APR FC)

Mugisha Peterson (AS Kigali)

Ndaka Frederic (Police FC)

Shauri Nyarutega Fiston (Kiyovu Sports)

Gahonzire Olave (Kiyovu Sports)

Nsengiyumva Djafar (Etincelles FC)

Hategekimana Aphrodis Kanombe (Rayon Sports)

Ntakirutimana Valens (Muhanga FC)

Mico Justin (Isonga FC).


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages