Igikombe cy’Amahoro kigeze muri kimwe cya kabiri cy’irangiza, aho kuri uyu wa Gatatu Tariki 27 Kamena 2012 ikipe ya Police FC yakinnye umukino ubanza na AS Kigali warangiye ikipe zombi ziguye miswi zinganya ubusa ku busa.
Undi mukino utegerejwe na benshi urahuza Rayons Sports na APR FC kuri uyu wa Kane tariki 28 Kamena kuri Stade Regional I Nyamirambo saa cyenda zuzuye.
Iyi mikino yombi (uwahuje Police na AS Kigali, n’uri buhuze APR FC na Rayon Sport) ni imikino ibanza aho Police FC ari yo yari yakiriye AS Kigali mu gihe APR FC iri bube yakira Rayon Sport.
Imikino yo kwishyura iteganyijwe mu mpera z’iki Cyumweru, kuri uyu wa Gatandatu Tariki 30 Kamena kuri Stade Regional hazabera umukino wo kwishyura uzahuza AS Kigali na Police FC, naho ku munsi ukurikiye kuri iyo Stade Regionale na none habere uwa Rayon Sport na APR FC.



















TANGA IGITEKEREZO