00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Real Madrid na Fc Barcelone zifatanyije mu gahinda zitabishaka

Yanditswe na

Egide MUGISHA

Kuya 26 April 2012 saa 08:48
Yasuwe :

Nyuma yahoo ikipe ya FC Barcelone yo muri Espagne isezerewe na Chelsea bigatungura benshi, hakurikiyeho gusezerwa rwa mucyeba wayo Real Madrid ku mugoroba wo kuwa Gatatu tariki ya 25 Mata 2012.
Ikipe ya Real Madrid nayo yatangiye neza nkuko FC Barcelone yari yatangiye, Christiano Ronaldo yatsinze ibitego 2 hakiri kare, ariko ikipe ya Bayern Munich yaje kubona penariti ku munota wa 27 iterwa neza na Robben ibyo byasobanuraga ko Real Madrid isabwa byibuze ikindi gitego cyagwa bagakizwa na (…)

Nyuma yahoo ikipe ya FC Barcelone yo muri Espagne isezerewe na Chelsea bigatungura benshi, hakurikiyeho gusezerwa rwa mucyeba wayo Real Madrid ku mugoroba wo kuwa Gatatu tariki ya 25 Mata 2012.

Ikipe ya Real Madrid nayo yatangiye neza nkuko FC Barcelone yari yatangiye, Christiano Ronaldo yatsinze ibitego 2 hakiri kare, ariko ikipe ya Bayern Munich yaje kubona penariti ku munota wa 27 iterwa neza na Robben ibyo byasobanuraga ko Real Madrid isabwa byibuze ikindi gitego cyagwa bagakizwa na penariti.

Amakipe yose yakomeje gusatirana ariko hakabura iyareba mw’izamu ryindi iminota 90 irinda irangira, bongerwa indi minota mirongo itatu ntihagira ubasha gutsinda undi kuko nubwo Real yari yatsinze 2-1 nayo yari yatsinzwe 2-1 mu mukino ubanza.

Hakurikiyeho gutera penariti, Bayern Munich yinjiza 3 mu gihe Real Madrid yinjije imwe gusa ya Xavi Alonso mu gihe Cristiano Ronaldo, Kaka na Ramos bazihushije ku ruhande rwa Bayern Munich kapitene Lahm na kross nibo bazihushije mu gihe Schweinsteiger, Gomez na Robben binjije izabo.

Nyuma y’umukino umutoza wa Real Madrid Mourinho ati “Ndababaye kuba ntabashije kugera ku mukino wa nyuma, twari tubikwiye gusa Bayern yaturushije amahirwe, ariko nishimiye uburyo abakinnyi bajye bitwaye”.

Mourinho bamubajije uburyo abakinnyi be bahushije amapenariti asubiza aseka ati: “Erega Ronaldo na Messi ni abantu, nonese ejo Messi ntiyayihushije? Ikindi kandi abakinnyi banjye bakinnye iminota 120, nyamara hari abantu batashobora kuzamuka etaje ebyiri kandi zizamukwa mu minota 5 ubwose wabagaya”.

Ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League iteganyijwe tariki ya 19 Gicurasi kuri stade ya Allianz Arena mu gihugu cy’u Budage uzahuza Chelsea yo mu Bwongereza na Bayern Munich izaba iri ku kibuga cyayo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages