Mu mukino waraye ubereye ku kibuga cya Real Madrid, mu rwego rwo guhatanira igikombe cya Espagne kiruta ibindi (Spanish super cup), Real Madrid yaraye ibashije gutwara igikombe nyuma yo gutsinda mukeba wayo bihora bihanganye FC Barcelona ibitego 2-1.
Igitego cya mbere cya Real Madrid cyabonetse biturutse k’umupira wari utanzwe neza na Marcelo, usanga Gonzalo Higuain ahagaze neza, abasha gutsindira ikipe ye icya mbere ku munota wa 11. Iki gitego cyakurikiwe n’icya Christiano Ronaldo cyinjiye nyuma y’iminota 8. Bygumye ari 2-0 kugera ku munota wa 45 ubwo Lionel Messi yabashaka kwishyura igitego kimwe kuri kufura.
Umukino wo muri iri joro, Real Madrid yagaragaje imbaraga nyinshi kugeza aho yanabuze amahirwe menshi, yabaga yabazwemo ibitego.
Igikombe gisanzwe gihuza amakipe abiri, iyatwaye igikombe cya Shampiyona n’iyatawaye igikombe cy’umwami. Real Madrid yatahanye igikombe ku nsinzi y’ibitego 2-1. Mu mukino ubanza yari yatsinzwe na FC Barcelona 3-2. Kuba yarabashije gutsindira hanze y’ikibuga cyayo ibitego byinshi bikaba aribyo byatumye izamura igikombe. Ibitego byabaye 4-4 Real irengerwa n’ibyo bitego yatsindiye hanze.
Iyi nsinzi yagaruye imbaraga mu bakinnyi ba Real, kuko yari imaze igihe idasekerwa n’amahirwe yo gutwara iki gikombe; yaherukaga gutwara igikombe kiruta ibindi muri Espagne, mu 2008 itsinze Valencia.



















TANGA IGITEKEREZO