Umukinnyi ukinira ikipe ya Manchester United Rio Ferdinand, ngo iyi kipe yemeye kongera kumusinyisha amasezerano y’umwaka umwe muri iyi kipe.
Nk’uko tubikesha urubuga rwa interineti thesun.co.uk, ngo mu gihe amasezerano Rio Ferdinand azaba arangira mu mwaka utaha, umutoza we Alex Ferguson aratangaza ko kubera imyitwarire ye myiza no kugaragaza ko afitiye ikipe ye ishyaka, agomba kumwongera igihe kingana n’umwaka umwe.
Ferguson akomeza avuga ko Ferdinand ari umwe mu bakinnyi barangwa no kumva, ko ashobora kubora kubana na buri mukinnyi kandi ko nta vanguraruhu agira.
Rio Ferdinand azaba yuzuza imyaka 34 mu kwezi k’Ugushyingo 2012.



















TANGA IGITEKEREZO