Mu irushanwa ry’igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi (UEFA Champions league ) amakipe akomeye i arimo guhura n’uruva gusenya.
Igikombe cya Champions league, gikinwa n’amakipe ane aturuka m’u Bwongereza n’andi yagiye aba aya mbere muri shampiyona y’ibihugu by’i Burayi.
Mu ijoro ryashize ryo ku italiki ya 24 Ukwakira 2012 hakinwe imikino yahuje amakipe menshi yahabwaga amahirwe yo gutsinda, bitewe n’uburyo asanzwe azwiho ubuhangange ariko yose yaratsinzwe.
AJAX yo mu BUholandi yihereranye ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza iyitsina ibitego bitatu kuri kimwe. Nasri niwe watsindiye Man City igitego kimwe rukumbi ku munota wa 22, naho Ajax De Jong yishyuye igitego cya mbere ku munota wa 45, igice cya mbere kirangira, Moisander yinjiza icya kabiri ku munota wa 57, Eriksen yinjiza icya gatatu cy’agashingura cumu ku munota wa 68.
BORUSSIA DORTMUND yatsinze ibitego 2 kuri 1 ikipe ya Real Madrid . Lewandowski niwe wafunguye amazamu ku munota wa 36, Christiano Ronaldo acyishyura ku munota wa 38, naho igitego cya kabiri cya BRD cyatsinzwe na Schmelzer ku munota wa 64.
Ikipe ya ARSENAL nayo yyihereranywe na SCHALKE 04 itindwa ibitego bibiri ku busa. Huntelaar niwe wafunguye izamu rya Arsenal ku munota wa 76, icya kabiri kinjiramo ku umunota wa 86.
Indi mikino yabaye ZENIT yatsinze 1 ku busa ANDER LECHT, MALAGA itsinda kimwe ku busa AC MILAN; NK DINAMO ZAGREB 0 itsindawa 2 ku busa na Paris Saint Germain. Ibrahimovic niwe wa tsinze igitego cya mbere ku munota wa 33 naho icya kabiri gitsindwa na Menez J ku munota wa 43.
FC PORTO yatsinze 3 kuri 2 ikipe ya DINAMO KIEV , naho MONTPELLIER itsinwa 1 kuri 2 na OLYMPIAKOS.
Ku italiki ya 23 ukwakira 2012 tubibutseko Shakhter Donetsk yatsinze Chelsea 2-1.



















TANGA IGITEKEREZO