00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

UEFA: Real Madrid ntiyabashije kwizigamira imbere ya Manchester United

Yanditswe na

Emmanuel Kwizera

Kuya 14 February 2013 saa 09:35
Yasuwe :

Mu mukino w’igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi wari utegerejwe na benshi hagati ya Real Madrid yo muri Espagne na Manchester United yo mu Bwongereza wabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 13 Gashyantare 2013, Manchester United yitwaye neza inganya na Real Madrid iwayo igitego kimwe kuri kimwe; ibi bikaba bigabanya amahirwe ya Real Madrid yo gukomeza muri kimwe cya kane kuko yatsinzwe igitego iwayo.
Mu mukino wo kwishyura Real izaba isabwa gutsinda harimo (…)

Mu mukino w’igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi wari utegerejwe na benshi hagati ya Real Madrid yo muri Espagne na Manchester United yo mu Bwongereza wabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 13 Gashyantare 2013, Manchester United yitwaye neza inganya na Real Madrid iwayo igitego kimwe kuri kimwe; ibi bikaba bigabanya amahirwe ya Real Madrid yo gukomeza muri kimwe cya kane kuko yatsinzwe igitego iwayo.

Mu mukino wo kwishyura Real izaba isabwa gutsinda harimo ikinyuranyo cy’igitego kimwe, kugira ngo ibashe gukomeza mu cyiciro kizakurikira iki.

Abatoza bari bategereje uko umukino uza kurangira

Muri uyu mukino wari utegerejwe n’abafana b’amakipe yombi hirya no hino ku isi , ku munota wa 20 Manchester yafunguye amazamu itsindirwa n’umukinnyi Danny Welbeck.

Cristiano Ronaldo wahoze akinira Manchester ni we wafashije Real Madrid kwishyura igitego yari yatsindiwe iwayo mu minota ya mbere y’umukino, ku munota wa 30 atsinda igitego cyo kunganya kimwe kuri kimwe ari na ko umukino warangiye.

Manchester United ni yo yafunguye amazamu n'umukinnyi wayo Welbeck
Christiano Ronaldo wahoze muri Manchester ni we wayitsinze yishyura

Umukino wakomeje amakipe yombi asatirana bikomeye, ariko ntihagira ibasha kwinjiza ikindi gitego.

Shakhtar Donetsk na Borussia Dortmund na zo zanganyije

Uyu mukino wa kimwe cy’umunani cy’irangiza wabaye ubangikanye wn’uwa Shakhtar Donetsk yo muri Ukraine na Borussia Dortmund yo mu Budage, urangira amakipe yombi anganyije ibitego bibiri kuri bibiri.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages