Mu mukino w’igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi wari utegerejwe na benshi hagati ya Real Madrid yo muri Espagne na Manchester United yo mu Bwongereza wabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 13 Gashyantare 2013, Manchester United yitwaye neza inganya na Real Madrid iwayo igitego kimwe kuri kimwe; ibi bikaba bigabanya amahirwe ya Real Madrid yo gukomeza muri kimwe cya kane kuko yatsinzwe igitego iwayo.
Mu mukino wo kwishyura Real izaba isabwa gutsinda harimo ikinyuranyo cy’igitego kimwe, kugira ngo ibashe gukomeza mu cyiciro kizakurikira iki.
Muri uyu mukino wari utegerejwe n’abafana b’amakipe yombi hirya no hino ku isi , ku munota wa 20 Manchester yafunguye amazamu itsindirwa n’umukinnyi Danny Welbeck.
Cristiano Ronaldo wahoze akinira Manchester ni we wafashije Real Madrid kwishyura igitego yari yatsindiwe iwayo mu minota ya mbere y’umukino, ku munota wa 30 atsinda igitego cyo kunganya kimwe kuri kimwe ari na ko umukino warangiye.
Umukino wakomeje amakipe yombi asatirana bikomeye, ariko ntihagira ibasha kwinjiza ikindi gitego.
Uyu mukino wa kimwe cy’umunani cy’irangiza wabaye ubangikanye wn’uwa Shakhtar Donetsk yo muri Ukraine na Borussia Dortmund yo mu Budage, urangira amakipe yombi anganyije ibitego bibiri kuri bibiri.



















TANGA IGITEKEREZO