Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yamaze gusinyisha kontaro y’igihe kirekire umukinnyi w’umufaransa Olivier Giroud w’imyaka 25 wakiniraha Montpellier yo mu Bufaransa, kuri miliyoni 12 z’amadorali.
Umutoza w’ikipe ya Arsenal, Arsene Wenger avuga ko uyu mukinnyi agiye gufasha bagenzi be gutaha izamu barimo Lukas Podolski aherutse kugura na Robin van Persie.
Olivier Giroud yaragaragaye mw’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa mu Gushyingo umwaka wa 2011.
Arsene Wenger avuga ko uyu mukinnyi yasinyishije afite ubuzima bwiza ndetse akaba agaragaza n’ubwitange mu gutanga umusaruro mu makipe akinira .
Yongeyeho ko kuba babonye Olivier Giroud bizafasha iyi kipe kongera ingufu ku ruhande rutaha izamu bitewe n’ubwitange yagaragaje ari mw’ikipe ya Montpellier bityo akazabafasha muri shampiyona itaha izatangira ku itariki 17 Kanama uyu mwaka .
Olivier Giroud yatsinze ibitego 21 muri shampiyona ishize ari mw’ikipe ya Montpellier bituma aza ku mwanya wa mbere mu batsinze ibitego byinshi muri shampiyona y’u Bufaransa.
Yagaragaye mu ikipe y’Igihugu y’Abafaransa mu gikombe cy’u Burayi kiri kubera muri Pologne no muri Ukraine aho yagiye asimbura inshuro zisaga enye.
Olivier Giroud yatangarije urubuga rwa internet rw’ikipe ya Arsenal ko yaje muri iyi kipe kubera uburyo umutoza Arsene Wenger ari mu batoza bafata neza abakinnyi mw’ikipe ye, kandi akaba yarifuzaga kuzakinira ikipe bitewe n’amateka meza ayiziho.



















TANGA IGITEKEREZO