Nyuma y’aho ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza itsindiwe ibitego 3-0 n’ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani, umutoza Roberto Di Matteo yahise yerekwa umuryango n’umuhererwe Roman Abramovich nyir’ikipe.
Roman Branovichi utashimishijwe no kunyagirwa n’ikipe ya Juventus yari yabwiye mbere umutoza ko naramuka atsinzwe, ahita yirukanwa ari nabyo byamubayeho ku mugoroba wo ku wa 20 Ugushyingo.
Akimara kwirukana umutoza, umuherwe yahise ahamagara kuri telefoni uwahoze atoza ikipe ya Liverpool Rafael Benitez kugira ngo arebe ko yaba atoza iyi kipe mu gihe gito.
Roberto Di Matteo yafashe akazi nyuma yo gusimbura uwari umutoza wa Chelsea, Andre Villas-Boas mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka, ahita ahesha ikipe igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo (Champions League) bwa Mbere mu mateka yayo.
Ibi ariko ntibihinduybyabujije ko yirukanwa, ubu hakaba hagiye gushakwa undi mutoza wa cyenda utoza Chelsea kuva mu 2003 umuherwe Roman Abramovich ayiguze.



















TANGA IGITEKEREZO