00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Algérie yakuye itike i Kigali, u Rwanda ruba urwa gatanu muri ’Billie Jean King Cup 2024’ (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 16 June 2024 saa 02:40
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu y’Abagore muri Tennis yasoreje ku mwanya wa gatanu mu Irushanwa rya Billie Jean King Cup ryaberaga i Kigali, mu gihe Algérie yatsindiye kuzamuka mu Itsinda rya Gatatu mu mwaka utaha.

Ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Kamena, ni bwo habaye imikino isoza Itsinda rya Kane rya Billie Jean King Cup yari yitabiriwe n’ibihugu 10, ikabera ku bibuga bya IPRC Kigali.

Algérie yegukanye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Togo biyoroheye imikino 3-0 aho mu bakina ari umwe; Maria Badache yatsinze Ayawayi Dotse 6-0, 6-0 naho Ines Ibbou atsinda Ami Diwiniga Grace Dougah 6-0, 6-1.

Mu bakina ari babiri, Algérie yahisemo gukoresha Maria Badache na Bochra Rehab Mebarki batsinda Ayawayi Dotse na Ami Diwiniga Grace Dougah 6-2, 6-3.

Iyi ntsinzi y’imikino 3-0 yatumye Algérie isoza ari iya mbere ndetse ni yo yabonye itike yo kuzamuka mu Itsinda rya Gatatu mu mwaka utaha w’imikino. Iki gihugu gisubiye mu itsinda cyahozemo kuko cyari cyamanutse uyu mwaka nyuma yo kuba icya nyuma mu Itsinda rya Gatatu mu 2023.

Mu guhatanira umwanya wa gatatu, Cameroun yatsinze Tanzania imikino 3-0 mu gihe u Rwanda rwahataniye umwanya wa gatanu nyuma yo kuba urwa gatatu mu Itsinda A.

Ikipe y’Igihugu yegukanye uyu mwanya wa gatanu itsinze iya Mozambique imikino 3-0 aho mu mukino wa mbere, Lia Kaishiki Mosimann yatsinze Ilga Adolfo Joao 6-0, 6-0.

Mu mukino wa kabiri, Umumararungu Gisèle yatsinze Helen Khumalo 6-2, 6-2 naho mu bakina ari babiri; Tuyishime Sonia na Tuyisenge Olive batsinda Ilga Adolfo Joao na Helen Khumalo 6-2, 6-4.

U Rwanda rwahataniye uyu mwanya nyuma yo kuba urwa gatatu mu Itsinda A rwatsinzemo Lesotho na Ethiopia imikino 3-0 mu gihe rwatsinzwe na Togo ndetse na Cameroun imikino 2-1.

Mu guhatanira umwanya karindwi, Ethiopia yatsinze Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imikino 3-0, mu guhatanira umwanya wa cyenda; Angola itsindwa na Lesotho imikino 3-0.

Billie Jean King Cup ni irushanwa ryitiriwe umukinnyi w’Umunyamerika wa Tennis, Billie Jean King. Mbere ryitwaga Fed Cup, ndetse rikinwa mu matsinda bitewe n’uko ibihugu bihagaze.

Ni ku nshuro ya kabiri ryikurikiranya ryari ribereye mu Rwanda rwari rwabaye urwa kane mu 2023.

Algérie yorohewe n'umukino wa nyuma yatsinzemo Togo imikino 3-0
Maria Badache yatsinze Ayawayi Dotse 6-0, 6-0 mu mukino wa mbere
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Iterambere rya Siporo muri MINISPORTS, Rwego Ngarambe, yambika imidali abakinnyi ba Algérie
Algérie yatsindiye gusubira mu Itsinda rya Gatatu rya Billie Jean King Cup yari yavuyemo
Lia Kaishiki Mosimann yatsinze Ilga Adolfo Joao mu mukino wa mbere u Rwanda rwatsinzemo Mozambique bihatanira umwanya wa gatanu
Lia Kaishiki yatsinze imikino itanu yose yakinnye mu bakina ari umwe
Umumararungu Gisèle na we yitwaye neza mu mukino w'abakina ari umwe yahuyemo na Helen Khumalo wo muri Mozambique
Tuyishime Sonia na Tuyisenge Olive ni bo bakinnye mu bakina ari babiri ku wa Gatandatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages