Ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Kamena, ni bwo habaye imikino isoza Itsinda rya Kane rya Billie Jean King Cup yari yitabiriwe n’ibihugu 10, ikabera ku bibuga bya IPRC Kigali.
Algérie yegukanye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Togo biyoroheye imikino 3-0 aho mu bakina ari umwe; Maria Badache yatsinze Ayawayi Dotse 6-0, 6-0 naho Ines Ibbou atsinda Ami Diwiniga Grace Dougah 6-0, 6-1.
Mu bakina ari babiri, Algérie yahisemo gukoresha Maria Badache na Bochra Rehab Mebarki batsinda Ayawayi Dotse na Ami Diwiniga Grace Dougah 6-2, 6-3.
Iyi ntsinzi y’imikino 3-0 yatumye Algérie isoza ari iya mbere ndetse ni yo yabonye itike yo kuzamuka mu Itsinda rya Gatatu mu mwaka utaha w’imikino. Iki gihugu gisubiye mu itsinda cyahozemo kuko cyari cyamanutse uyu mwaka nyuma yo kuba icya nyuma mu Itsinda rya Gatatu mu 2023.
Mu guhatanira umwanya wa gatatu, Cameroun yatsinze Tanzania imikino 3-0 mu gihe u Rwanda rwahataniye umwanya wa gatanu nyuma yo kuba urwa gatatu mu Itsinda A.
Ikipe y’Igihugu yegukanye uyu mwanya wa gatanu itsinze iya Mozambique imikino 3-0 aho mu mukino wa mbere, Lia Kaishiki Mosimann yatsinze Ilga Adolfo Joao 6-0, 6-0.
Mu mukino wa kabiri, Umumararungu Gisèle yatsinze Helen Khumalo 6-2, 6-2 naho mu bakina ari babiri; Tuyishime Sonia na Tuyisenge Olive batsinda Ilga Adolfo Joao na Helen Khumalo 6-2, 6-4.
U Rwanda rwahataniye uyu mwanya nyuma yo kuba urwa gatatu mu Itsinda A rwatsinzemo Lesotho na Ethiopia imikino 3-0 mu gihe rwatsinzwe na Togo ndetse na Cameroun imikino 2-1.
Mu guhatanira umwanya karindwi, Ethiopia yatsinze Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imikino 3-0, mu guhatanira umwanya wa cyenda; Angola itsindwa na Lesotho imikino 3-0.
Billie Jean King Cup ni irushanwa ryitiriwe umukinnyi w’Umunyamerika wa Tennis, Billie Jean King. Mbere ryitwaga Fed Cup, ndetse rikinwa mu matsinda bitewe n’uko ibihugu bihagaze.
Ni ku nshuro ya kabiri ryikurikiranya ryari ribereye mu Rwanda rwari rwabaye urwa kane mu 2023.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!