Ni igikorwa cyatangiriye muri World Mission High School, ku wa Gatanu, tariki ya 19 Nzeri 2025, aho iri shuri ryahawe ibikoresho birimo imyambaro n’ibindi bizarifasha mu myitozo itangwa n’abatoza cyangwa mu masomo atangwa n’abarimu.
Si inkunga y’ibikoresho gusa, ahubwo abanyeshuri bazajya bitwara neza bazajya bafashwa kubona andi mahirwe yo kujya gukomereza amasomo muri Koreya y’Epfo nk’uko byashimangiwe n’Umuyobozi w’Ishuri, Rukundo Innocent.
Yagize ati “Twasanze siporo ikwiriye agaciro ka nyako kuko ni ingirakamaro mu myigire y’abana ya buri munsi. Twahereye ku mukino wa Taekwondo, aho ari isomo nk’ayandi yose. Byibuze mu cyumweru buri shuri rigira amasaha abiri yo kuyiga.”
“Ikindi ni uko umusaruro wabyo uri kugaragara mu bijyanye n’imyitwariro ndetse no mu mitekererezo. Uyu munsi twahawe ibikoresho ariko abana bazitwara neza bazasoza amasomo bafite umukandara w’umukara ndetse banahabwe buruse yo kujya kwiga muri Koreya y’Epfo.”
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Taekwondo, Ji-Man Jeong, yavuze ko ubu bufasha butarangiriye hano ahubwo buzakomereza no mu yandi mashuri.
Ati “Ibigo biri kugaragaza ubushake mu kwigisha umukino wa Taekwondo bigomba gufashwa, ndetse mu minsi iri imbere turakurikizaho ibindi bigo birimo iby’i Muhanga. Aha ni ho tuzabona impano nyinshi ndetse twongere n’imidali dukorera mu mikino mpuzamahanga.”
Muri iyi gahunda kandi yo kugeza ibikoresho ku mashuri, Ishyirahamwe ry’Umukino wa Tekwondo mu Rwanda (RTF), riri gufatanya n’iry’Imikino y’Amashuri mu Rwanda (FRSS), kugira ngo uyu mukino na wo ujye mu marushanwa ahuza amashuri mu Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!