00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

ANCA yafunguwe ku mugaragaro, Ruhumuriza yegukana Criterium de Rwamagana 2013

Yanditswe na

Ferwacy

Kuya 27 May 2013 saa 07:21
Yasuwe :

Kuri icyi cyumweru tariki ya 26/05/2013 , ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda FERWACY ryafunguye ku mugaragaro ishuri rizajya ryigirwamo umukino w’amagare I Rwamagana ryiswe “Adrien Niyoshuti Cycling Academy”.
Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo umunyamabanga uhoraho muri MINISPOC Kalisa Edouard, abayobozi batandukanye bo mu karere ka Rwamagana, perezida wa FERWACY Aimable Bayingana, abayobozi batandukanye bo muri komite olempike y’u Rwanda, abayobozi bo muri (…)

Kuri icyi cyumweru tariki ya 26/05/2013 , ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda FERWACY ryafunguye ku mugaragaro ishuri rizajya ryigirwamo umukino w’amagare I Rwamagana ryiswe “Adrien Niyoshuti Cycling Academy”.

Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo umunyamabanga uhoraho muri MINISPOC Kalisa Edouard, abayobozi batandukanye bo mu karere ka Rwamagana, perezida wa FERWACY Aimable Bayingana, abayobozi batandukanye bo muri komite olempike y’u Rwanda, abayobozi bo muri FERWACY, abafatanyabikorwa batandukanye ba FERWACY.

Mbere yuyu muhango habanje gukinwa irushanwa ngarukamwaka rya CRITERIUM de RWAMAGANA 2013, Ruhumuriza Abraham niwe wegukanye iri rushanwa mu bagabo mu gihe mu bagore Girubuntu Jeanne d’Arc ariwe waryegukanye.

Nyuma yirushanwa hakurikiyeho umuhango wo gutanga ibihembo hahebwa abahungu n’abakobwa batanu batanu, umuhungu wa mbere yahawe 100,000, uwa kabiri 80,000 uwa gatatu 60,000 uwa kane 40,000 uwa gatanu ahabwa 20,000 mu bakobwa uwa mbere yahawe 80,000 uwa kabiri ahabwa 60,000, uwa gatatu 40,000 uwa kane 20,000 uwa gatanu 10,000, hanatanzwe ibihembo ku bakinnyi babiri umuhungu n’umukobwa bakiri bato aho buri umwe yahawe 10,000.

Twabibutsa ko iri rushanwa umwaka ushize ryari ryegukanwe na none na Ruhumuriza Abraham agikinira ikipe ya CCA Huye.

Ruhumuriza Abraham

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages