Uyu mukino wa nyuma w’iri rushanwa ry’iminsi ibiri, ryahuje amakipe icyenda mu bagabo n’atatu mu bagore, wabereye ku kibuga cya Maison des Jeunes Kimisagara ku wa Gatandatu, tariki ya 4 Nyakanga 2026.
Mu makipe yakinnye iri rushanwa harimo atatu y’Ingabo z’u Rwanda ari yo Special Operations Force (SOF), BMTC Nasho na RMA Gako, aho yose yari mu Itsinda C.
APR HC yabaye iya mbere mu Itsinda A yasezereye PEVIC HC muri ½ mu gihe Police HC yakuyemo SOF ikagera ku mukino wa nyuma.
Umukino wo guhatanira igikombe hagati ya APR na Police HC wari ukomeye dore ko hari hashize iminsi ine gusa amakipe yombi asoje Shampiyona, Ikipe y’Ingabo z’Igihugu ikayegukana itsinze imikino 3-2 nyuma yo kubanza gutsindwa ibiri ya mbere.
Ku wa Gatandatu, Police HC yakinnye neza iminota ibanza ndetse iza gushyiramo ikinyuranyo cy’ibitego bine (9-5) mu minota 14 ya mbere, ariko igice cya mbere kirangira hasigayemo bibiri (16-14).
APR HC itari ifite kapiteni wungirije, Muhumure Elysée, kubera uburwayi, yagarutse mu gice cya kabiri ifite imbaraga.
Byaje no kuyihira aho ubwo hari hasigaye iminota 10 ngo umukino urangire, yari imbere ibitego bibiri (24-22), gusa Police HC yaje kwishyura ibi bitego maze umukino urangira ari 27-27.
Kunganya mu minota 60 isanzwe, byatumye hakinwa indi 10 y’inyongera, igabanyije mu bice bibiri, ariko na yo irangira nta kipe itsinze kuko APR na Police byakomeje kunganya ibitego 31-31.
Hahise hitabazwa penaliti, APR yegukana igikombe itsinze Police HC penaliti 4-2.
Mu bakobwa, igikombe cyegukanywe na University of Kigali itsinze Gorilla HC ibitego 30-28.
Muri iri rushanwa, Ikipe ya Special Operations Force (SOF) yahawe igikombe cya ‘Fair Play’ kuko yanabaye iya mbere mu itsinda ryayo ryarimo amakipe y’abasirikare.
Iri rushanwa ni ryo ryasoje umwaka w’imikino mu Ishyirahamwe ry’Umukino wa Handball mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa FERWAHAND bwatangaje ko ubu hagiye gutegurwa Igikombe cya Afurika kizabera i Abidjan muri Côte d’Ivoire ku batarengeje imyaka 18 na 20.
Hari kandi n’imikino ya Zone V mu bagore ishobora kubera muri Ethiopia cyangwa mu Rwanda, aho izatanga itike y’Igikombe cya Afurika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!