00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Clarisse Agbegnenou uri mu bakomeye ku Isi muri Judo yahuye n’abayikina mu Rwanda

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 6 September 2025 saa 10:09
Yasuwe :

Umufaransa Clarisse Agbegnenou wegukanye imidali ibiri mu mikino Olempike, ari mu Rwanda aho yahuye n’abakina uyu mukino mu Rwanda mu rwego rwo kuzamura itarambere ryawo.

Ni mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 6 Nzeri 2025, aho abakinnyi ndetse n’abayobozi bari mu Ishyirahamwe ry’Umukino wa Judo mu Rwanda bahuriye n’uyu mukinnyi kuri Zaria Courts.

Clarisse Agbegnenou yabanje gukurikira imyitozo y’aba bakinnyi, mbere y’uko atanga ikiganiro kigaruka ku buzima bwe muri Judo ndetse n’impamvu yatumye awukunda.

Ati “Navutse igihe kitageze, iwacu bagira ngo sinzabaho kandi n’iyo nabaho ntibari bazi ko nakura nkigirira umumaro. Narakuze kandi nkurira mu muryango w’abahungu gusa watumye ninjira mu mikino njyarugamba.”

“Aho ni ho nakundiye umukino wa Judo kuko wampaye icyizere cy’ubuzima, ngera aho nkina kinyamwuga ari na yo mpamvu negukanye imidali mu Mikino Olempike inshuro eshanu.”

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Judo mu Rwanda, Bishyika Christian, yavuze ko urugendo rw’uyu mukinnyi hari icyo rugiye gufasha umukino wa Judo mu Rwanda.

Ati “Uyu ni umunyabigwi dufite byinshi twakwigiraho nk’ishyirahamwe. Ikindi kandi turashaka gukorana na we kuri gahunda yo kujya tuzana abandi bakinnyi bakomeye mu Rwanda mu cyo twise ‘Judo Safari’, yatwemereye azayidushyigikiramo.”

Clarisse Agbegnenou amaze kwegukana imidali irenga 25 mu mukino wa Judo. Iyi irimo umwe w’Imikino Olempike yegukanye mu 2020, mu gihe mu mwaka ushize ubwo iyi mikino yaberaga mu Bufaransa yabonye Umulinga.

Muri Shampiyona y’Isi ya Judo yegukanyemo imigali itandatu ya Zahabu mu 2014, 2017, 2018, 2019, 2021 na 2023. Muri iri rushanwa kandi yegukanyemo ibiri ya Feza n’umwe w’Umulinga.

Uyu mukinnyi w’imyaka 32, ari mu Rwanda aho azitabira Inama yiga ku Ishoramari rya Siporo muri Afurika ‘SportsBiz Africa Forum 2025’ iteganyijwe kuva tariki ya 9 kugeza tariki ya 10 Nzeri 2025.

Clarisse Agbegnenou yavuze ko ibibazo byose umuntu yacamo bitamubuza kugera ku ntego
Ikorwa cyo kuganira na Clarisse Agbegnenou cyabereye kuri Zaria Court
Clarisse Agbegnenou agiye gufasha Ishyirahamwe ry'Umukino wa Judo mu Rwanda kureshya abandi bakinnyi
Umuyobozi wa Komite Olempike, Umulinga Alice, na we yitabiriye uyu muhango wo kwakira Clarisse Agbegnenou
Clarisse Agbegnenou yegukanye imidali mu Mikino Olmpike muri Judo
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Judo mu Rwanda, Bishyika Christian, yavuze ko Judo izagera kur kubera Clarisse Agbegnenou
Clarisse Agbegnenou ni umunyabigwi mu mukino wa Judo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages