00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dushaka kuba abantu bakira, bagakina bagatsinda- Minisitiri Mukazayire

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 January 2026 saa 07:34
Yasuwe :

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yatangaje ko igihugu gifite ubushobozi bwo kwakira imikino inyuranye ndetse bagerageza kuyitegura neza kugira ngo iheshe u Rwanda ishema mu bijyanye no gutegura ibikorwa bitandukanye ariko bigomba kurenga ku kwakira imikino gusa ahubwo bakanatsinda.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na RBA ku wa 21 Mutarama 2026, hatangira imikino y’Igikombe cya Afurika cya Handball mu Rwanda cyitabiriwe n’amakipe 16.

U Rwanda rwakinnye na Zambia mu mukino ufungura irushanwa ruyitsinda ibitego 30-19.

Minisitiri Mukazayire yavuze ko kwakira amarushanwa bifasha ‘’kugaragaza isura nziza y’igihugu, icya kabiri byitegwemo ko bikomeza gutanga amahirwe yo kugira ngo ari twebwe turusheho guhatana no kurushanwa’’

Ati ‘’Uko ibyo byose biza ni ko turushaho gutegura amakipe yacu kuko ntabwo tugishaka kuba abantu bakira gusa, dushaka kuba abantu bakira bagakina bakanatsinda.’’

Kwakira imikino yo ku rwego mpuzamahanga kandi bijyana no guteza imbere urwego rw’ubukerarugendo ruri mu za mbere zinjiriza u Rwanda amadovize.

Imikino y’Igikombe cya Afurika ya Handball izasozwa ku wa 31 Mutarama 2026. Yitabiriwe n’ibihugu nka Algeria, Angola, Benin, Cameroon, Cape Vert, Repubulika ya Congo, Misiri, Gabon, Guinea, Kenya, Maroc, Nigeria, u Rwanda, Tunisie, Uganda na Zambia.

Minisitiri Mukazayire yavuze ko u Rwanda rudakwiye kuba urwo kwakira imikino gusa ahubwo rugomba no kujya rutsinda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages