Nyuma y’imyaka itatu Bayingana Aimable ayobora ishyirahamwe ry’abasiganwa ku magare (FERWACY), tariki ya 26 Mutarama 2013 abanyamuryango b’iri shyirahamwe bazatora umuyobozi mushya uzariyobora imyaka ine kugera mu 2017.
Murenzi Emmanuel, umunyamabanga wa FERWACY yabwiye IGIHE ko gutanga kandidatire byatangiye bikazasozwa tariki ya 19 Mutarama 2013, icyumweru mbere y’amatora.
Murenzi avuga ko umunyamuryango wifuza kwiyamamariza umwanya agomba kuba yavuye mu ikipe iri muri FERWACY kandi ifite ubuzima gatozi, icymezo cy’agateganyo cyangwa baratangiye kubusaba.
Kugeza ubu FERWACY ifite icyangombwa cy’agateganyo cyo kubona ubuzima gatozi kimara amezi 12.
Mu gihe manda yari imyaka itatu, amategeko mashya agenga amatora muri iri shyirahamwe avuga ko komite itowe izamara imyaka 4.
Bayingana Aimable asoje manda yatorewe tariki ya 26 Ukuboza 2010, kuva mu Ukuboza 2007 yari umuyobozi w’agateganyo nyuma y’aho Kamanda Charles abaye umudepite mu nteko ishinga amategeko.
Muri aya matora hazatorwa abagize komite nyobozi, abagenzuzi b’imari n’abagize akanama ko gukemura amakimbirane.
Nta mubare wa manda amategeko ya FERWACY agena kuwiyamamaza. Ubwo hatorwaga komite icyuye igihe mu 2010, Byemayire Lambert niyo sura nshya yagaragaye asimbuye Rutayisire Francois ku mwanya wa visi perezida wa mbere.
Bizimana Festus ni visi perezida wa kabiri, Rwabusaza Thierry umunyamabanga naho Munyankindi Benoit ni umucunga mutungo.
Abajyanama ni Ntembe Jean Bosco, Rugambwa John na Mparabanyi Faustin.
Kuri uwo munsi w’amatora hateganyijwe kandi inama rusange y’abanyamuryango ba FERWACY aho bazagezwaho raporo y’imikoreshereze y’umutungo mu mwaka wa 2013 no kwemeza gahunda y’ibikorwa n’ingengo y’imari ya 2014.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda rikora inama rusange rimwe mu mwaka iheruka yabaye tariki ya 23 Werurwe 2013.


















TANGA IGITEKEREZO