00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Handball: Amakipe y’u Rwanda yageze muri ½ cy’Imikino Nyafurika

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 15 May 2024 saa 01:06
Yasuwe :

Amakipe y’u Rwanda y’Abahungu batarengeje imyaka 18 na 20 yageze muri 1/2 cya “IHF Trophy Zone V” ikomeje kubera muri Ethiopia.

Iyi mikino ya nyuma y’amatsinda yabaye ku wa Gatatu, tariki 15 Gicurasi 2024 i Addis Ababa.

Ikipe y’Igihugu y’Abahungu batarengeje imyaka 20 yabigezeho nyuma yo gutsinda iy’u Burundi ibitego 38 kuri 25, bityo isoza imikino y’itsinda rya mbere iyoboye.

Ni umukino u Rwanda rwakinnye neza kuko yasoje igice cya mbere iyoboye umukino n’ibitego 19 kuri 11. Mu gice cya kabiri iyi kipe yongereye ikinyuranyo, umukino urangira yegukanye umukino ku bitego 38 kuri 25 by’u Burundi.

Indi kipe yitwaye neza n’iy’abatarengeje imyaka 18 yanganyije n’iya Ethiopia ibitego 29-29 iyobora itsinda inagere muri ½.

Iyi kipe izasubira mu kibuga ku wa Kane, tariki 16 Gicurasi 2024 ikina na Kenya.

Iri rushanwa ni rimwe murihira amakipe y’u Rwanda kuko mu 2022, Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 20 yaryegukanye itsinze iya Uganda ibitego 39-37.

Ikipe y’Igihugu y’Abahungu batarengeje imyaka 18 izahura n'iya Kenya muri 1/2
U Rwanda rwanganyije na Ethiopia ibitego 29
Umukino w'u Rwanda na Ethiopia warimo ishyaka ryinshi
U Rwanda rwatsinze u Burundi rugera muri 1/2 cy'Imikino y'Akarere ka Gatanu
Ikipe y'Abahungu batarengeje imyaka 20 yageze muri 1/2 cy'Imikino y'Akarere ka Gatanu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages