Iyi mvura yaguye nyuma ya saa Sita yahagaritse imikino ine y’abakina ari umwe mu bagabo harimo n’uw’Umunyarwanda Manzi Rwamucyo David wari uhanganye na Maximilian Homberg wo mu Budage.
Umukino wabo wahagaritswe inshuro ebyiri mbere y’uko abasifuzi bafata icyemezo cyo kuwusubika burundu. Indi mikino itandatu y’abakina ari babiri yo ntiyigeze itangira.
Rwamucyo yavuye mu kibuga ari inyuma ku manota 4-5. Biteganyijwe ko umukino wabo uzasubukurwa ku wa Gatatu saa Tatu za mu gitondo ku kibuga cya ‘Centre Court’, ari na ho indi mikino yose yasubitswe izakomereza.
Mbere y’aho, hari abakinnyi b’u Rwanda bari babanje mu kibuga ari bo Ishimwe Claude na Manishimwe Emmanuel ariko bombi batsinzwe amaseti 2-0 (6-0, 6-0) na Marlon Vankan wo mu Budage na Yassine Dilmi wo muri Maroc, mu bakina ari umwe.
Kuri ubu icyizere cy’Abanyarwanda gisigaye kuri Niyigena Étienne na Rwamucyo batarakina imikino yabo ya 1/16 muri iri rushanwa riri kuba ku nshuro yaryo ya gatatu.
Gahunda y’imikino yo ku wa Kabiri:
Ku wa Gatatu, Niyigena azahangana na Corentin Denolly wo mu Bufaransa, wigeze kwegukana iri rushanwa inshuro ebyiri. Ni nyuma y’umukino wa Rwamucyo na Homberg uzaba usubukuwe.
Mu bakina ari babiri, Niyigena na Ishimwe bazahura na Amaury Raynel wo mu Bufaransa na Ioan Alexandru Teglas wo muri Romania. Ni mu gihe Ngarambe Gift Ivan afatanyije na David Oringa wo muri Uganda bazahura na Aditya Balsekar wo mu Buhinde na Darrshan Suresh wo muri Malaysia.
Abategura iri rushanwa bemeje ko gahunda y’imikino yahinduwe kugira ngo hakemurwe amasaha y’imikino yasubitswe kubera imvura.
Mu bakinnyi bakomeye batitabiriye uyu mwaka, bari bamaze kumenyerwa muri ‘Rwanda Open M25’, harimo Umusiwisi Damien Wenger waritwaye mu 2023 n’Umuhinde Karan Singh wageze muri 1/2 mu mwaka ushize.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!