00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kanangire Christian na Rutabingwa Fernand begukanye ‘Huye Rally 2025’ (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 26 October 2025 saa 04:37
Yasuwe :

Kanangire Christian na Rutabingwa Fernand bari mu modoka ya Subaru Impreza, begukanye isiganwa rya "Huye Rally 2025" ryari imaze iminsi itatu ribera mu Karere ka Huye n’aka Gisagara.

Huye Rally itegurwa na Huye Motorsports Club ku bufatanye n’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka (Rwanda Automobile Club- RAC).

Iri siganwa ngarukamwaka ribera mu Ntara y’Amajyepfo, rigamije kwibuka no guha icyubahiro Gakwaya Claude wakinaga amasiganwa y’imodoka, witabye Imana mu 1986 azize impanuka.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 26 Ukwakira 2025, ni bwo hakinwe umunsi waryo wa kabiri ari na wo wa nyuma, aho habaye uduce tune twakiniwe mu mihanda ya Save-Shyanda na Shyanda-Save, ku ntera y’ibilometero 40.

Kanangire Christian na Rutabingwa Fernand bari basoje uduce umunani twa mbere bari imbere ku wa Gatandatu, bashimangiye umwanya wabo no kuri iki Cyumweru aho basoje isiganwa ryose bakoresheje isaha imwe, iminota 32 n’amasegonda 43 ku ntera y’ibilometero 139 byari bigize irushanwa.

Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude bari batwaye iri rushanwa mu 2024, begukanye umwanya wa kabiri basizwe umunota n’amasegonda 33 naho Kalimpinya Queen na Ngabo Olivier bongera kwegukana umwanya wa gatatu basizwe iminota ine n’amasegonda atatu.

Rutabingwa Gratien na Munyaneza Irène bari batwaye Peugeot 106, basoreje ku mwanya wa kane, bakurikirwa na Hakizimana Jacques wakinanaga na Semana Ish Kevin na bo bari batwaye Peugeot 106.

Umunya-Uganda Kayira Faizal wakinanaga na Katumba Duncan begukanye umwanya wa gatandatu, Rutuku Mike na Gasarabwe Alain baba aba karindwi mu gihe Murengezi Bryan na Kevin Rusekuza babaye aba munani.

Huye Rally ya 2025 yari yiyandikishijemo imodoka 15, ariko 11 ni zo zitabiriye naho umunani aba ari zo zisoza. Subaru Impreza yari itwawe na Yoto Fabrice ari kumwe na Ruzindana Axel ni yo yavuye mu isiganwa kuri iki Cyumweru.

Biteganyijwe ko isiganwa rya nyuma muri uyu mwaka rizaba Rallye des Milles Collines izaba mu ntangiriro z’Ukuboza.

Uduce tune ni two twakinwe ku munsi wa nyuma wa Huye Rally 2025
Subaru Impreza yari itwawe na Mike Rutuku wakinanaga na Gasarabwe Alain
Abafana bari benshi ku muhanda
Murengezi Bryan na Kevin bakata i Save mu Karere ka Gisagara
Subaru Impreza yari itwawe na Kanangire Christian ari kumwe na Rutabingwa Fernand
Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude begukanye umwanya wa kabiri
Kalimpinya Queen na Ngabo Olivier babaye aba gatatu mu isiganwa
Yoto Fabrice na Ruzindana Axel ntibasoje isiganwa ryo kuri iki Cyumweru
Peugeot 106 yari itwawe na Hakizimana Jacques na Semana Ish-Kevin
Abanya-Uganda Faizal Kayira na Duncan Katumba babaye aba gatandatu
Perezida w'Ishyirahamwe Nyarwanda ry'Umukino wo Gusiganwa mu Rwanda, Gakwaya Christian, yavuze ko bishimira uko Huye Rally 2025 yagenze
Meya w'Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko bazakomeza gushyigikira amasiganwa yo gusiganwa mu modoka abera muri aka Karere
Kalimpinya Queen na Ngabo Olivier begukanye umwanya wa gatatu
Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude begukanye umwanya wa kabiri
Rutabingwa Fernand (ibumoso) na Kanangire Christian (iburyo) begukanye Huye Rally 2025
Rutabingwa Fernand na Kanangire Christian bashyikirizwa igikombe cy'iri rushanwa rya "Memorial Gakwaya"

Amafoto: Kwizera Remy Moses

Video: Byiringiro Innocent


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages