00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karate: Gusenga na Buguze begukanye irushanwa rya mbere ryabereye ku ikoranabuhanga

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 12 May 2024 saa 03:12
Yasuwe :

Abakinnyi ba Karate barenga 50 bitabiriye irushanwa rya mbere ryabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, ryegukanwa na Gusenga Yves wa Police Karate Club ndetse na Buguze Félix wa Zen Karate Do Club.

Iri ni irushanwa ryatangiye gukinwa tariki ya 1 Mata kugeza ku wa Gatandatu tariki ya 11 Gicurasi 2024, aho abageze ku mukino wa nyuma bahuriye mu Mujyi wa Kigali bagahatanira kuryegukana.

Abahatana bakinaga ibyiciro bibiri by’umukino wa Karate aribyo Shotokan ndetse na Wado-Ryu. Abakinnyi bane kuri buri kimwe nibo bageze mu cyiciro cyo guhatana ku munsi wa nyuma.

Muri Shotokan Buguze Félix yitwaye neza ahiga abakinnyi batatu ba The Great Warriors aribo Usengimana Omar, Uwase Raziat na Munyaburanga mu gihe muri Wado-Ryu, Gusenga Yves wa Police Karate Club yahize Niyitanga Harifa, Yezakuzwe Lucie na Nindemana Lambert.

Umuyobozi Mukuru w’ishuri rya Karate rya Kigali Elite Sports Academy (KESA) ryafatanyije n’umuryango wa ’The Cornestone’ mu gutegura iyi mikino, Nkurunziza Jean Claude, yavuze ko hari inyungu rizagira mu guhitamo abahagararira Ikipe y’u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Yagize ati “Ubundi hari igihe dutegura amarushanwa ukabona yitabiriwe n’abo mu Mujyi wa Kigali gusa cyangwa ahandi ayo marushanwa aba yabereye. Ariko uburyo bwakoreshejwe bwatumye buri wese ubyifuza mu gihugu yitabira atavuye aho ari.”

“Si ukwitabira gusa kuko ubu buryo bwatumye tubika amakuru y’ibyo buri wese ashoboye kandi nidunakenera abo kwifashisha mu Ikipe y’Igihugu byanze bikunze nibo tuzaheraho bidasabye ko tubasanga aho bari.”

Umukinnyi wahatanaga muri iri rushanwa yoherezaga amashusho ye mu cyiciro runaka, akayaha abari bagize akanama nkemurampaka kagatanga amanota gakurikije uko bitwaye.

Ni irushanwa rigiye kujya rikinwa buri mwaka mu rwego rwo kubika umubare munini w’abakinnyi ba Karate ndetse no kubafasha kwitegura andi marushanwa akomeye.

Abakinnyi umunani ni bo bahatanye ku mikino ya nyuma muri iri rushanwa rigiye kuba ngarukamwaka
Umuryango 'The Cornerston' wafatanyije na KESA mu gutegura iri rushanwa
Abakinnyi bahatanye muri Shotokan na Wado-Ryu
Buri wese yereanye impano ye imbona nkubone nyuma yo guhatanira ku ikoranabuhanga
Yezakuzwe Lucie yahawe ishimwe nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma
Usengimana Omar ni umwe mu bakinnyi bageze ku cyiciro cya nyuma cya Shotokan
Abakinnyi ba Karate bagiye kujya bakurikiranwa bidasabye kubasanga aho bari
Buguze Félix yitwaye neza ahiga abandi muri Shotokan

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages