00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Max Houkes yisubije ikuzo, yegukana ‘Rwanda Open M25’ (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 October 2025 saa 08:15
Yasuwe :

Nyuma y’inshuro eshatu agerageza, Umuholandi Max Houkes yegukanye "Rwanda Open M25 ya 2025" nyuma yo gutsinda Umunya-Maroc Yassine Dlimi amaseti 2-1 (6-3, 3-6, 6-1).

Umukino wa nyuma w’icyumweru cya kabiri cy’iri rushanwa ryari rimaze icyumweru, wabereye ku bibuga bya Tennis byo muri IPRC Kigali kuri iki Cyumweru.

Mu bawitabiriye harimo Ambasaderi w’u Buholandi mu Rwanda, Joan Wigman; Ambasaderi wa Maroc mu Rwanda, Youssef Imani, Uwayo Fabrice wari uhagarariye Minisiteri ya Siporo, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Tennis mu Rwanda, Karenzi Théoneste na mugenzi we uyobora FERWABA, Mugwiza Désiré.

Max Houkes usanzwe ari nimero ya 292 ku Isi ndetse akaba ari we mukinnyi wari uhagaze neza kurusha abandi bose bakinnye iri rushanwa, yagiye gukina uyu mukino wa nyuma ataragowe cyane ku wa Gatandatu nyuma y’uko Dinko Dinev bahuye muri ½, atasoje umukino kubera imvune.

Ni mu gihe Yassine Dlimi washakaga gukora amateka yo kuba Umunyafurika wa mbere wegukanye iri rushanwa ryabaye mpuzamahanga mu 2023, we yari yasezereye kabuhariwe Corentin Denolly waryegukanye inshuro eshatu ndetse akaba yari ku mwanya wa gatatu mu bakinnyi bakomeye.

Houkes witabiriye Rwanda Open M25 ku nshuro ya mbere mu 2024, ndetse mu cyumweru cya mbere cy’irushanwa ry’uyu mwaka akaba yari yaviriyemo muri ¼, yatsinze iseti ya mbere ku manota 6-3.

Dlimi yamuhindukanye mu iseti ya kabiri, ayitsinda ku manota 6-3, ibyatumye hitabazwa iseti ya gatatu Max Houkes yatsinze kuri 6-1.

Kwegukana iri rushanwa byabaye kwisubiza ikuzo kuri uyu Muholandi wagowe no kuritwara mu byumweru bitatu yarikinnye kuva mu 2024. Kuri iyi nshuro yatahanye amanota 25 n’igihembo cya 4.612$ (hafi miliyoni 6,7 Frw).

Icyumweru cya kabiri cya Rwanda Open M25 y’uyu mwaka cyarimo Abanyarwanda batatu ari bo Ishimwe Claude, Niyigena Étienne na Manzi Rwamucyo David, ariko bose basezerewe muri 1/16.

Inkuru bifitanye isano: Homberg na Van Der Meerschen begukanye ‘Rwanda Open M25’ mu bakina ari babiri

Abayobozi bifotozanya n'abakinnyi mbere y'umukino wa nyuma wabaye kuri iki Cyumweru
Yassine Dlimi (ibumoso) na Max Houkes (iburyo) bitegura gutangira umukino
Dlimi yari yasezereye Corentin Denolly muri 1/2
Max Houkes ni we wari umukinnyi uhagaze neza mu bitabiriye Rwanda Open M25 ya 2025
Perezida wa FERWABA, Mugwiza Désiré, ari mu barebye uyu mukino
Ambasaderi wa Maroc mu Rwanda, Youssef Imani, yari inyuma ya Yassine Dlimi wari witezweho gukora amateka akaba Umunyafurika wa mbere wegukanye iri rushanwa
Ambasaderi w’u Buholandi mu Rwanda, Joan Wigman, yari ashyigikiye Max Houkes
Max Houkes yishimira intsinzi yabonye kuri iki Cyumweru
Kera kabaye Max Houkes yageze ku nzozi zo kwegukana Rwanda Open M25
Yassine Dlimi yifotozanya igihembo cy'umwanya wa kabiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages