Iyi mikino yabereye i Nairobi muri Kenya kuva tariki ya 16 kugeza ku ya 19 Ukwakira 2025, yitabiriwe n’abakinnyi 13 b’Abanyarwanda.
Ku wa Gatanu, tariki ya 31 Ukwakira 2025, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yahuye na bo abashimira ku musaruro mwiza babonye, anabashishikariza gukomeza gukora cyane bakazagera ku duhigo dutandukanye.
Minisitiri Rwego yashimiye buri mukinnyi, abibutsa ko Minisiteri ya Siporo izakomeza kubashyigikira no kubaba hafi mu rugendo rwabo rwo gukina kugira ngo na bo baheshe u Rwanda ishema.
Yabibukije ko batagomba gupfusha ubusa amahirwe bahabwa, ahubwo ko bakwiye gukora cyane no gutekereza byagutse kugira ngo babashe kugera kuri byinshi bifuza.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda (Rwanda Aquatics Federation), Munyana Cynthia, na we yashimiye Minisiteri ya Siporo uburyo ikomeza kubaba hafi mu bikorwa bitandukanye.
Muri iri rushanwa ryabereye muri Kenya, ni ku nshuro ya mbere u Rwanda rwari ruhagarariwe n’abakinnyi benshi (13) mu irushanwa ryo koga ryabereye hanze y’igihugu.
Imidali u Rwanda rwegukanye irimo uwa Feza wegukanywe na Axela Marita Echessah wabaye uwa kabiri mu bakobwa boze metero 50 muri “Butterfly” [koga bunyugunyugu], aho yakoresheje amasegonda 32,83 ndetse ni byo bihe byiza yagize muri iki cyiciro kuva atangiye koga.
Hari kandi uwa Feza na wo watwawe na Axela Marita Echessah mu koga metero 200 muri “Individual Medley”, aho yakoresheje iminota ibiri, amasegonda 57 n’ibice 62. Ibi bihe akaba ari we wa mbere ubigize mu bakinnyi bo mu Rwanda.
Umudali wa gatatu ni uw’Umuringa wegukanywe na Kean Sheja Murenzi wabaye uwa gatatu mu koga metero 800 “freestyle”, akoresheje iminota 10, amasegonda 36 n’ibice 90, ndetse nta wundi mukinnyi wigeze ukoresha ibihe bito gutyo mu Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!