00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Niyigena na Rwamucyo basezerewe muri ‘Rwanda Open M25’

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 8 October 2025 saa 11:03
Yasuwe :

Abanyarwanda Niyigena Étienne na Manzi Rwamucyo David bari basigaye mu irushanwa mpuzamahanga rya Tennis “Rwanda Open M25” mu bakina ari umwe, basezerewe nyuma yo gutsindwa kuri uyu wa Gatatu.

Umunsi wa Kabiri w’iri rushanwa wakiniwe ku bibuga bya Tennis muri IPRC Kigali, aho habanje gusozwa imikino ine yari yararanye ku wa Kabiri kubera imvura nyinshi yaguye igatuma itarangira.

Umwe muri yo wasize Umunyarwanda Manzi Rwamucyo David asezerewe n’Umudage Maximilian Homberg wamutsinze amaseti 2-0 (6-4, 6-1) muri 1/16 cy’iri rushanwa.

Rwamucyo yavuyemo akurikira Ishimwe Claude na Manishimwe Emmanuel bari basezerewe ku wa Kabiri ndetse amaso yari asigaye ahanzwe Niyigena Étienne, muri iki cyiciro cy’abakina ari umwe.

Niyigena wasabwaga gukora ibitangaza ngo asezerere Umufaransa Corentin Denolly wegukanye iri rushanwa inshuro ebyiri ndetse akaba amaze gukina umukino waryo wa nyuma inshuro eshatu, ntiyabigezeho kuko yatsinzwe amaseti 2-0 (6-2, 6-1).

Indi mikino yabaye yasize abakinnyi bahabwa amahirwe menshi barimo Umuholandi Max Houkes, Umufaransa Bax Florent n’Umunya-Autriche Maximilian Neuchrist bageze muri 1/8 cya Rwanda Open M25 ya 2025.

Max Houkes yasezereye Umutaliyani Andrea Motta amutsinze amaseti 2-0 (6-3, 6-3), Maximilian Neuchrist atsinda Umuhinde Ishaque Eqbal 7-6(6), 6-3 naho Bax Florent atsinda Umudage Edison Ambarzumjan amaseti 2-1 (4-6, 6-3, 7-6 (2)).

Umukino wararanye ni uwahuzaga Umuhinde Udit Kamboj n’Umusuwisi Laurin Aerne, aho wahagaze ari 3-6, 4-3.

Imikino ya 1/8 izakinwa ku wa Kane aho Max Houkes azahura n’Umunya-Pologne Marcin Andrzejczak, Corentin Denolly ahure na Marc Van der Merwe wo muri Afurika y’Epfo, Florent Bax akine na Younes Lalami wo muri Maroc mu gihe Maximilian Neuchrist azisobanura na Martin Van de Meerschen wo mu Bubiligi.

Nyuma yo gusezererwa mu bakina ari umwe, ku wa Kane, Ishimwe Claude na Niyigena Étienne bazakina na Amaury Raynel wo mu Bufaransa afatanyije na Ioan Aexandru Teglas wo muri Roumania muri 1/8 cyo mu cyiciro cy’abakina ari babiri.

Undi mukino uri mu iteganyijwe muri icyo cyiciro ni uzahuza Ngarambe Ivan Gift afatanyije n’Umunya-Uganda Oringa David aho bazakina n’Umuhinde Aditya Balsekar ufatanya n’Umunya-Malaysia Darrshan Suresh.

Niyigena Étienne yifotozanya na Corentin Denolly mbere yo guhurira mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu
Imikino ya Rwanda Open M25 iri kubera ku bibuga bya Tennis byo muri IPRC Kigali
Niyigena Etienne ntiyorohewe n'umukino yahuyemo na Denolly
Corentin Denolly ni umwe mu bakinnyi bamaze kumenyerwa muri Rwanda Open M25 yegukanye inshuro ebyiri
Perezida w'Ishyirahamwe Nyarwanda ry'Umukino wa Tennis, Karenzi Théoneste, aganira n'abo barebanaga umukino
Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umukino wa Basketball mu Rwanda, Mugwiza Désiré, akunda kwitabira imikino ya Tennis

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages