00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Niyigena, Rwamucyo na Maik Steiner basezerewe muri ‘Rwanda Open M25’ rugikubita

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 15 October 2025 saa 07:27
Yasuwe :

Umunsi wa kabiri w’icyumweru cya kabiri cy’irushanwa mpuzamahanga rya Tennis rya “Rwanda Open M25” wasize Abanyarwanda bose basezerewe mu bakina ari umwe no mu bakina ari babiri, mu gihe gutungurana gukomeye kwabaye ku Mudage Maik Steiner wasezerewe muri 1/16 nyamara yari yakinnye umukino wa nyuma mu cyumweru cya mbere.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Ukwakira 2025, ku bibuga bya Tennis byo muri IPRC Kigali, ni bwo hakinwe imikino umunani yari yasigaye idakinwe ku wa Kabiri muri 1/16 cy’iri rushanwa mu bakina ari umwe.

Umunyarwanda Niyigena Étienne yasezerewe muri iki cyiciro nyuma yo gutsindwa n’Umunya-Mexique, Rodrigo Alujas, amaseti 2-0 (6-2, 6-3).

Undi Munyarwanda wasezerewe ni Manzi Rwamucyo David watsinzwe n’Umufaransa Florent Bax amaseti 2-0 (6-0, 6-0).

Kuri ubu nta Munyarwanda usigaye muri iri rushanwa mu bakina ari umwe kuko na Ishimwe Claude yasezerewe ku wa Kabiri, nyuma yo gutsindwa n’Umunyamerika Dillon Beckles 6-1,6-1.

Umufaransa Corentin Denolly wegukanye icyumweru cya mbere muri "Rwanda Open M25", yageze muri 1/8 cy’iki cyumweru cya kabiri nyuma yo gutsinda Umutaliyani Andrea Motta amaseti 2-0 (6-3, 6-3).

Ni mu gihe Umunya-Autriche Matthias Ujvary yatunguranye agasezerera Umudage Maik Steiner wakinnye umukino wa nyuma ubushize, nyuma yo kumutsinda amaseti 2-0 (6-4, 6-4).

Mu mikino ya 1/8 iteganyijwe ku wa Kane harimo uzahuza Corentin Denolly na Dillon Beckles guhera saa Tatu n’uzahuza Umuholandi Max Houkes n’Umudage Edison Ambarzumjan nyuma yaho.

Mu bakina ari babiri, kuri uyu wa Gatatu, Corentin Denolly afatanyije n’Umunya-Maroc Younes Lalami basezereye Manzi Rwamucyo David na Manishimwe Emmanuel babatsinze amaseti 2-0 (6-0, 6-0).

Ni mu gihe Ishimwe Claude na Niyigena Étienne basezerewe n’Umunyamerika Dillon Beckles ukinana n’Umunya-Malaysia Darrshan Suresh, nyuma yo gutsindwa amaseti 2-0 (4-6, 3-6).

Niyigena Etienne yasezerewe na Rodrigo Alujas mu bakina ari umwe
Niyigena Etienne yongeye gusezererwa hakiri kare nk'uko byagenze mu cyumweru cya mbere
Corentin Denolly wegukanye iri rushanwa mu cyumweru cya mbere, yageze muri 1/8
Florent Bax uri mu bakinnyi bakomeye muri iri rushanwa, ni we watsinze Manzi Rwamucyo David
Manzi Rwamucyo David na we ntiyorohewe n'umukino wo kuri uyu wa Gatatu
Ishimwe Claude yari yasezerewe ku wa Kabiri
Umunya-Autriche Matthias Ujvary wasezereye Maik Steiner
Umudage Mike Steiner yatunguranye asezererwa hakiri kare
Niyigena Etienne na Ishimwe Claude basezerewe mu bakina ari babiri batsinzwe na Denolly na Lalami
Manishimwe Emmanuel na Manzi Rwamucyo David na bo basezerewe mu bakina ari babiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages