Iyi mikino niyo ya mbere Djokovic azaba agaragayemo nyuma yo kuva muri French Open (Roland Garros) igitaraganya kubera imvune yagize mu ivi ubwo yari ageze muri ¼.
By’umwihariko iyi mikino izakoresha ibibuga bisanzwe biberaho Roland Garros ku ya 27 Nyakanga kugeza 4 Kanama 2024.
Djokovic w’imyaka 37 azaba ari inshuro ya gatanu yitabiriye iyi mikino kuva mu 2008.
Muri izo nshuro yegukanyemo umudali wa Bronze ku nshuro ya mbere gusa izakurikiyeho ntabwo zagenze neza kuko yatsindiwe ku mukino w’umwanya wa gatatu inshuro ebyiri.
Muri Mata, uyu mugabo yatangaje ko intego y’uyu mwaka ari ukwegukana umudali wa zahabu cyane ko ari kugana ku musozo wo gukina nk’uwabigize umwuga.
Uretse Umunya-Serbia, Dušan Lajović uri ku mwanya wa 50 ku isi uzafatanya na Djokovic, iyi mikino kandi izitabirwa na Andy Murray ndetse na Rafael Nadal basanzwe ari amazina akomeye.
Ni mu gihe mu bagore, Ons Jabeur nimero ya 10 na Aryna Sabalenka nimero ya gatatu batangaje ko batazitabira kubera ko bifuza kubanza kwita ku bibazo by’ubuzima.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!