00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyirangarama yigaragaje mu Irushanwa ryo Kwibuka muri Gymnastique (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 16 June 2024 saa 05:04
Yasuwe :

Uwase Diane na Niyonsenga ni bamwe mu bakinnyi bitwaye neza aho begukanye umwanya wa mbere n’umudali wa Zahabu mu Irushanwa ryo Kwibuka aba-sportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Gymnastique mu Rwanda.

Iri rushanwa ryateguwe ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo na Komite Olempike y’u Rwanda, ryabereye mu Karere ka Rubavu mu nzu y’imikino n’imyidagadyro ya ya Vision Jeunesse Nouvelle ku Cyumweru, tariki ya 16 Kamena 2024.

Ryari ryitabiriwe n’amakipe icyenda ariyo Ineza Gymnastics & Acrobatic, Amazing 19 Acrobatic, Gatenga Oratoile, Kirehe Acrobatic, Gorora Gymnastic, Nyirangarama, Holizo D Esperance, Vision Jeunesse Nouvelle na The Champions Academy.

Aya makipe yose yahatanye mu byiciro bitandukanye ari byo ’Acrobatic’ yahatanyemo abakinnyi 81, ⁠Aerobic yahatanyemo abakinnyi barindwi na Rythmic yahatanye abakinnyi batanu.

Mu bakinnye ku giti cyabo muri Rythmic yakinwe n’abakobwa, uwa mbere yabaye Uwase Diane, akurikirwa na Oriane mu gihe Abizerayesu Sifa yegukanye umwanya wa gatatu.

Abahatanye ku giti cyabo muri Acrobatic ikinwa n’abagabo, umwanya wa mbere wegukanywe na Niyonsenga akurikirwa na Habarurema.

Mu bakina ku giti cyabo muri Aerobic, hitabiriye umwe mu bagabo ari we Ismael.

Mu bahatanye nk’itsinda muri Aerobic, Gorora ni yo yatwaye igikombe naho muri Acrobatic gitwarwa na Nyirangarama yanigaragaje nk’ikipe nziza.

Nzabanterura Eugène uyobora Ishyirahamwe rya Gymnastique mu Rwanda yashimiye abakinnyi n'amakipe yitabiriye iri rushanwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages