00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yahembye Max Verstappen mu Bihembo bya FIA (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 14 December 2024 saa 07:39
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yashyikirije igihembo Umuholandi Max Verstappen wegukanye Formula One ya 2024 mu muhango wo guhemba abitwaye neza mu marushanwa ategurwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga wo gusiganwa mu Modoka (FIA), wabereye muri BK Arena ku mugoroba wo ku wa Gatanu.

Iki gikorwa ni cyo cyasoje inama y’Inteko Rusange ya FIA yaberaga mu Rwanda kuva tariki ya 10 kugeza ku ya 13 Ukuboza 2024, aho yari yahuriranye n’isabukuru y’imyaka 120 iri Shyirahamwe rimaze rishinzwe.

Ibirori byo byo gutanga Ibihembo bya FIA byitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Perezida Paul Kagame n’Umuyobozi w’iri Shyirahamwe, Mohammed Ben Sulayem.

Umukuru w’Igihugu wari hamwe na Ben Sulayem, yatanze ibihembo bibiri bikomeye birimo icy’umukinnyi wahize abandi muri Formula One, cyahawe Max Verstappen watwaye iri rushanwa ku nshuro ya kane yikurikiranya, aho uyu mwaka yahigitse Lando Norris wabaye uwa kabiri na Charles Leclerc wabaye uwa gatatu.

Perezida Kagame kandi yashyikirije igihembo Umuyobozi Mukuru wa McLaren, Zak Brown, nk’ikipe nziza y’umwaka wa 2024, aho ari yo ibarizwamo Lando Norris ndetse na Oscar Piastri.

Muri rusange, hatanzwe ibihembo ku bitwaye neza mu byiciro 16 birimo Shampiyona y’Isi ya Karting, Rally-Raid, Formula 2, Rally, Formula E, Endurance na Rallycross.

Mu bandi bahembwe harimo Umufaransakazi Michèle Mouton wahawe igihembo cyiswe “Lifetime Award” na Perezida wa FIA, Mohammed Ben Sulayem, nyuma yo kumara imyaka 50 mu mukino wo gusiganwa mu modoka.

Uyu mugore w’imyaka 73, yakinnye uyu mukino kugeza mu 1986, ariko ubu yabaga mu gutegura amasiganwa.

Abayobozi batandukanye barimo Perezida Kagame bitabiriye itangwa ry'Ibihembo bya FIA muri BK Arena ku wa Gatanu
Umuyobozi wa FIA, Mohammed Ben Sulayem na Perezida Kagame bakurikiye itangwa ry'ibihembo
Abakinnyi bitwaye neza mu marushanwa atandukanye arimo Formula One bari babukereye
Umuholandi Max Verstappen akurikiye ibirori byo gutanga Ibihembo bya FIA muri BK Arena
Lando Norris yagize umwaka mwiza nubwo ategukanye Formula One
Charles Leclerc ni we wabaye uwa gatatu muri Formula One ya 2024
Perezida Kagame ashyikiriza Max Verstappen igihembo cy'umukinnyi wegukanye Formula One ya 2024
Verstappen yishimira igihembo yegukanye ubwo yari amaze kugishyikirizwa na Perezida Kagame
Umukuru w'Igihugu yatanze kandi igihembo cyegukanywe na McLaren nk'ikipe nziza y'umwaka w'imikino wa 2024 muri Formula One, aho hari hashize imyaka 26 itagitwara
Imodoka ya McLaren "MCL38", yakinishijwe na Lando Norris uyu mwaka, yazanywe ahatangiwe ibihembo muri BK Arena
Abahawe ibihembo bifotozanya n'abayobozi ubwo ibirori byari birangiye
Max Verstappen yifotozanya igihembo cya kane yegukanye nk'umukinnyi mwiza muri Formula One
Lando Norris, Max Verstappen na Charles Leclerc basoreje mu myanya itatu ya mbere muri Formula One uyu mwaka
Abari bahagarariye Ikipe ya McLaren i Kigali, bishimira igihembo begukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages