Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 10 Gicurasi, ni bwo i Jinja muri Uganda hatangiye Shampiyona Nyafurika y’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka mu mwaka w’imikino wa 2024.
Mu gihe kureba Rally ari ubuntu mu Rwanda, kwinjira ahabereye isiganwa i Jinja byasabaga itike y’ibihumbi 10 by’Amashilingi ya Uganda aho uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda asatira 3000.
Ayo ntaho atandukaniye n’ayishyuzwa n’Ikipe ya Rayon Sports iyo yakiriye imikino i Kigali, akaba ari na yo ikunze kuyaca nk’igiciro gito cy’umukino w’umupira w’amaguru mu Rwanda. Gusa ntibyabujije ko abafana bitabiriye umunsi wa mbere w’iri siganwa ry’imodoka barengaga 5000.
Imodoka 35 ni zo zitabiriye irushanwa ry’uyu mwaka aho inyinshi muri zo zihataniye amanota muri Shampiyona ya Uganda, hakabamo kandi n’esheshatu zihataniye amanota muri iri siganwa rya mbere rya Shampiyona Nyafurika ya 2024, aho izasozwa mu Ukwakira ibera mu Rwanda.
Umunya-Kenya Karan Patel wari kumwe na mugenzi we Tauseef Khan, batwaye Skoda Fabia, bigaragaje mu gace kagena uko imodoka zizahaguruka aho bakoresheje iminota itatu n’amasegonda 39 mu kuzenguruka ‘circuit’ y’ibilometero bitandatu.
Bakurikiwe n’abandi Banya-Kenya, Hamza Anwar wakinanye na Din Adnan muri Ford Fiesta, bo bakoresheje iminota itatu n’amasegonda 41.
Abanya-Uganda; Jas Mangat, Michael Jr Mukula na Kuku Ranjit Singh ni bo basoreje mu yindi myanya itatu yakurikiyeho. Ni mu gihe Dr Mukasa Moustapha wakinishaga Mitsubishi Evo9 atabashije gusoza aka gace.
Jas Mangat uri gukinana n’Umufaransa Laurent Magat muri Hyundai i20, ni bo bitwaye neza mu gace kwishyushya, bahigika Hamza Anwar na Karan Patel. Ni bo kandi bitwaye neza mu gace ko kwiyerekana kasorejweho aho bakoresheje iminota ibiri n’amasegonda 36, barusha Karan Patel na mugenzi we ibice bitandatu by’amasegonda.
Isiganwa rya mbere nyakuri rya Pearl of Africa Uganda Rally 2024 riteganyijwe gutangira ku wa Gatandatu aho hazakinwa uduce umunani mu gihe rizasozwa ku Cyumweru, tariki ya 12 Gicurasi hakinwa uduce dutatu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!