00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Table Tennis: Amakipe y’Igihugu yagiye gukorera umwiherero mu Bushinwa

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 12 August 2025 saa 09:54
Yasuwe :

Amakipe y’Igihugu mu byiciro bitandukanye muri Table Tennis yerekeje mu Bushinwa mu mwiherero w’iminsi 20 ugamije gutegura Imikino Nyafurika iteganyijwe mu Ukwakira 2025.

Abakinnyi bagiye ni 28 bagabanyije mu byiciro bitatu birimo abatarengeje imyaka 15, 19 ndetse n’abakuru mu bahungu n’abakobwa. Aba biyongeraho abatoza batandatu.

Ni umwiherero wateguwe ku bufatanye bw’Ishyirahamwe rya Table Tennis na Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda isanzwe ifasha iri shyirahamwe kubona ibikoresho no guteza imbere uyu mukino muri rusange.

Umuyobozi wa Tekiniki muri Federasiyo y’Umukino wa Table Tennis, Ndizeye Yves yavuze ko aya mahugurwa ari imyiteguro myiza.

Ati “U Bushinwa ni igihugu giteye imbere muri uyu mukino, rero hari byinshi tugomba kubigiraho. Twizeye ko tuzahigira byinshi kuko tuzigishwa n’abatoza b’inzobere.”

Hashize imyaka umunani abakinnyi n’abatoza bo muri uyu mukino bajya mu Bushinwa mu mwiherero nk’uyu w’imyitozo muri Table Tennis.

Guhera mu 2017 abatoza b’Abanyarwanda muri uyu mukino barahugurwa, mu gihe guhera mu mwaka wa 2018 n’abakinnyi b’intoranywa batangiye kwerekeza muri iki gihugu.

Abakinnyi 28 nibo berekeje mu Bushinwa
Hahirwabasenga Didier ni umwe mu bakinnyi beza berekeje muri uyu mwiherero
Uyu mwiherero witabiriwe n'abahungu n'abakobwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages