00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Table Tennis: Aruna na Meshlef bahanzwe amaso nyuma yo kwegukana igikombe cya Afurika

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 15 May 2024 saa 11:57
Yasuwe :

Umunya Nigeria Quadri Aruna ndetse n’umunyamisirikazi Dina Meshref bari mu bahanzwe amaso mu gushaka itike y’imikino olimpike, ni nyuma yo kwegukana igikombe cya Afurika cyasozwaga kuri uyu wa kabiri muri BK Arena.

Imikino y’igikombe cya Afurika muri Table Tennis, yatangiye ku cyumweru tariki ya 12 Gicurasi abakinyi 53 baturutse mu bihugu 16 bari bahuriye muri BK Arena bahatanira iri rushanwa rikinwa buri mwaka muri uyu mukino.

Nyuma y’imikino y’amajonjora na kimwe cya kane, kuri uyu wa kabiri tariki 14 Gicurasi 2024 hakinwaga imikino ya ½ n’imikino yanyuma, aho byarangiye umunya Nigeria Quadri Aruna, uza no ku mwanya wa mbere mu bari i Kigali, atsinze umunya Misiri Mohamed El- Beiali seti 4-0 4-0 (11-5, 11-6, 12-10, 11-3), ari na ko yegukana irushanwa yatsindiwemo ku mukino wanyuma muri 2018.

Mu bagore Dina Meshref wari waratsindiwe ku mukino wanyuma mu myaka ibiriishize, bigoranye yaje kwigaranzura mwene wabo Mariam Alhodaby ni ko gutsinda kuri M 4-3 yegukana iri rushanwa.

Iyi mikino ishojwe y’igikombe cya Afurika ikaba igiye gukurikirwa n’imikino yo gushaka itike yo gukina imikino Olimpike izatangira tariki ya 16 isozwe tariki ya 18 muri BK Arena.

Abakinnyi batandatu batatu mu bagabo na batatu mu bagore ni bo bazabona itike yo gukina imikino ya Paris aho izakinwa mu byiciro bitatu. Icyiciro cya mbere kizaba ari amajonjora y’ibanze aho abakinnyi batatu cyangwa bane bazajya mu matsinda maze babiri ba mbere bagakomeza mu cyiciro gikurikira cyo gukuranwamo.

Abazagera ku mukino wanyuma bazahita babona itike yo gukina imikino olimpike izabera i Paris mu gihe hazanakinwa umwanya wa gatatu kugira ngo hamenyekane uzegukana umwanya usigaye.

Kubera ko Misiri yo yarangije kubona itike, abakinnyi 26 mu bagabo na 24 mu bagore bazahatana ni abazava mu bihugu bya Algeria, Cameroon, Congo Brazzaville, Côte d’Ivoire, Djibouti, Ethiopia, Ghana, Kenya, Nigeria, Morocco, Madagascar, Ibirwa bya Maurice, Tunisia, Uganda, n’u Rwanda ruri mu rugo.

Abakunzi b'uyu mukino wa Table Tennis bari baje kureba aho igikombe cya Afurika cyerekeza
Imikino muri BK Arena izakomeza kuri uyu wa kane hakinwa guhatanira tike y'imikino olimpike
Abitwaye neza mu bagore bahembwe
Abitwaye neza mu bagabo na bo bahawe imidari
Dina Meshref nubundi warushaga abandi amanota ni we wegukanye igikombe
Quadri Aruna yashimangiye ubuhangange bwe yegukana igikombe cya Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages