00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Table Tennis- Misiri na Nigeria zirakoza imitwe ku gikombe cya Afurika

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 14 May 2024 saa 11:04
Yasuwe :

Imikino y’igikombe cya Afurika mu mukino wa Tennis ikinirwa ku meza igeze muri kimwe cya kabiri cy’irangiza, aho abakinnyi bava mu bihugu by’abarabu ari bo biganje mu bagiye gutangirira gukinira muri BK Arena.

Abagabo 28 n’abagore 25 ni bo bari batangiye gukina iki gikombe cya Afurika kiri gukinwa umunsi wacyo wa gatatu i Kigali muri BK Arena, gusa kugeza ubu abagera ku munani ni bo bagiye gutangira gukina imikino yanyuma kuri uyu wa kabiri tariki 14 Gicurasi.

Mu bagore, abanya-Misiri batatu n’umunya-Nigeria umwe, baraba bahatanira umwanya wo ku mukino wa nyuma mu gihe mu bagabo imikino ya ½ iri buhuze n’ubundi abanya-Misiri babiri n’abanya-Nigeria babiri.

Umunyamisirikazi Dina Meshref urusha abandi amanota kuri ubu yaje gukuramo umunya-Cameroun, Sarah Hanffou muri ¼ aho muri ½ agiye guhura na Offiong Edem wo muri Nigeria. Undi mukino wo mu bagore, uri buhuze Hana Goda, umunya-Misiri ufite igikombe giheruka na mwenewabo Mariam Alhodaby.

Mu bagabo Omar Assar ufite irushanwa yaravunitse byatumye uyu mwaka hazagarara umukinnyi mushya uzaryegukana uzava hagati y’undi munya- Misiri Youssef Abdel-Aziz waraye atunguranye agasezerera numero ya kabiri ukomoka muri Algeria, Mehdi Bouloussa, aho muri ½ aza guhangana n’umunya-Nigeria Quadri Aruna uhabwa amahirwe.

Undi mukino Mohamed El-Beiali wo mu Misiri ari buhure na Olajide Omotayo wo muri Nigeria.

Imikino ya nyuma mu byiciro byombi ikaba iri bukinwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri hamenyekana umukinnyi wegukanye igikombe cya Afurika muri Table Tennis aho abagerayo bazabona itike yo gukina igikombe cy’isi umwaka utaha wa 2025.

Iyi mikino y’igikombe cya Afurika nisozwa uyu munsi ikazakurikirwa n’imikino yo gushaka itike yo gukina imikino olimpike yo izatangira gukinirwa muri BK Arena kuva kuri uyu wa kane tariki 16 Gicurasi 2024.

Mohamed El-Beiali wo mu Misiri ari muri 1/2 cy'igikombe cya Afurika
Quadri Aruna wo muri Nigeria ni we uza imbere mu bagabo kuri ubu
Omotayo Olagide agiye kwisobanura n'umunya Misiri mukanya
Mohamed Youssef Abdelaziz yaraye atunguranye asezerera umunya-Algeria wahabwaga amahirwe
Edem Offiong ni we utari umunya-Misiri uri muri 1/2 mu bagore
Dina Meshref wo mu Misiri ni we urusha abandi amanota mu bagore
Hana Goda wo mu Misiri na we ari ku mukino wanyuma
Mariam Alhodaby na we akomoka mu Misiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages