00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Table Tennis: U Rwanda rwabonye itike ya Shampiyona y’Isi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 21 January 2026 saa 09:49
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu y’Abagore yabonye itike yo kuzitabira Shampiyona y’Isi ya Table Tennis izabera i Londres mu Bwongereza kuva tariki ya 28 Mata kugeza ku ya 10 Gicurasi 2026.

Iyi kipe yabigezeho nyuma yo kwitwara neza mu Mikino Nyafurika yabereye muri Tunisia rugasoza ku mwanya wa gatatu mu itsinda rwari ruherereyemo.

Amanota u Rwanda rwabonye muri iyi mikino yaruhesheje kuzamuka ku rutonde rw’Isi bityo ruboneka mu makipe azitabira Shampiyona y’Isi izabera mu Bwongereza.

Iyi kipe igizwe na Tumukunde Hervine, Hirwa Kellia Chantal, Uwase Diane, Mbabazi Regine na Kamikazi Elisabeth.

Umuyobozi wa Tekiniki muri Federasiyo y’Umukino wa Table Tennis, Ndizeye Yves, yavuze ko kubona iyi tike ari ikimenyetso cy’ejo hazaza heza.

Ati “Ni ibyishimo cyane kuri twe, ni ishema ku gihugu, ni icyizere cy’ahazaza. Byatweretse ko iyo hashyizwemo imbaraga mu bakiri bato bitanga icyizere cy’ahazaza.”

Yakomeje agira ati “Ubu dufite porogarame yibanda mu bakiri bato ya “Ireme Table Tennis Program’, igamije kuzamura abana bato binyuze mu mashuri abanza ku bufatanye na Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda. Twibanze cyane mu mashuri abanza kuko ariho dusanga abana bari munsi y’imyaka 10.”

Ibihugu nka Misiri, Ghana, Nigeria, Madagascar, Algeria, Tunisia, Uganda, Afurika y’Epfo, u Rwanda na Bénin ni byo bizahagararira Afurika muri 63 byitabira iri rushanwa.

U Rwanda rwabonye itike yo kuzitabira Shampiyona y'Isi izabera mu Bwongereza muri Gicurasi 2026

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages