00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tennis: Nyuma y’imyaka 10, Perezida Trump azitabira umukino wa nyuma wa US Open

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 5 September 2025 saa 10:42
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, azitabira umukino wa nyuma wa US Open mu bagabo, uteganyijwe ku Cyumweru.

Trump yaherukaga kwitabira iri rushanwa mu 2015, atarajya ku buyobozi ku nshuro ya mbere mu 2016.

Uyu muyobozi avuka mu gace ka Queens borough muri mu mujyi wa New York, aho iri rushanwa risanzwe ribera.

Abazakina uyu mukino wa nyuma bazamenyekana nyuma y’imikino ya ½, aho umwe urahuza Novak Djokovic na Carlos Alcaraz, mu gihe undi urahuza Jannik Sinner na Felix Auger-Aliassime.

Mu 2024, iri rushanwa ryegukanwe n’Umutaliyani Jannik Sinner usanzwe ari nimero ya mbere kugeza ubu.

Mu 2015, Donald Trump asuhuzanya na John McEnroe umwe mu banyamerika bafite izina muri Tennis
Umukino wa Novak Djokovic na Carlos Alcaraz urategerejwe cyane
Jannik Sinner na Felix Auger-Aliassime bahataniye kugera ku mukino wa nyuma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages