00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rugiye kwakira IRONMAN 70.3 ku nshuro ya gatatu

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 8 July 2024 saa 07:38
Yasuwe :

U Rwanda rugiye kwakira ku nshuro ya gatatu amarushanwa azwi nka IRONMAN 70.3 akinwamo umukino wa Triathlon ubumbatiye gusiganwa ku magare, ku maguru no koga ateganyijwe tariki 4 Kanama 2024.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku wa Mbere, tariki 8 Nyakanga 2024 nibwo Minisiteri ya Siporo, Akarere ka Rubavu, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere [RDB] na Global Events Africa itegura IRONMAN 70.3 batangaje aho imyiteguro y’iri rushanwa igeze.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zephanie, yagaragaje ko iri rushanwa rifite uruhare mu bukungu bw’igihugu no muri siporo by’umwihariko.

Yagize ati “Dukoresha imikino mu gukora siporo ariko kandi binadufasha kubona ba mukerarugendo basura igihugu cyacu. Mu mwaka ushize ibyinjiye mu bukerarugendo byazamutseo 59% aho miliyoni 13$ zavuye mu bikorwa bya siporo twakiriye. Ikindi iri rushanwa ryagenze neza kuko abanyarwanda baryegukanye.”

Umuyobozi Mukuru wa Global Events Africa, Bonita Mutoni yavuze ko irushanwa ry’uyu mwaka rifite agashya ko kuba rizaba hari n’imurikagurisha.

Ati “Twiteguye neza kwakira irushanwa ku nshuro ya gatatu. Uyu mwaka hazaba hari imurikagurisha rizafasha abantu gukora ubucuruzi cyane ko riba ryitabiriwe n’abantu benshi cyane kandi baba bifuza ibikorerwa mu Rwanda.”

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Triathlon mu Rwanda, Mbaraga Alex yavuze ko abakinnyi b’u Rwanda bazatangira umwiherero mu gihe cya vuba baharanira ko bazisubiza iri rushanwa nubwo Ishimwe Héritier waryegukanye ubushize bitaramenyekana niba azitabira.

Abazitabira iri rushanwa rya IRONMAN 70.3 bazasiganwa mu bilometero 90 ku igare, 21.1 ku maguru n’ikilometero 1.9 boga mu Kivu.

Mu mwaka ushize ubwo iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya kabiri, abanyarwanda bitwaye neza kuko ryegukanywe na Ishimwe Héritier mu gihe Team Bigirimana yari igizwe na Bigirimana Jean De Dieu, Mugisha Moïse na Mutabazi Emmanuel.

Umuyobozi Mukuru wa Global Events Africa, Bonita Mutoni yavuze ko irushanwa ry’uyu mwaka rifite agashya ko kuba rizaba hari n’imurikagurisha
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zephanie, yagaragaje ko iri rushanwa rifite uruhare mu bukungu bw’igihugu
Umuyobozi w'Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yavuze ko biteguye kwakira neza iri rushanwa
Abanyamakuru bagaragarijwe aho imyiteguro ya IRONMAN 70.3 igeze

Amafoto: Nezerwa Salomon


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages