00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwashimiwe uruhare rugira mu iterambere ry’abafite ubumuga

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 18 July 2016 saa 05:43
Yasuwe :

Mu muhango wo gusinyama amasezerano y’ubufatanye hagati y’Ishyirahamwe ry’abafite ubumuga bwo mu mutwe mu Rwanda (Special Olympics Rwanda) na Minisiteri y’Umuco na Siporo, umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa bya Special Olympics muri Afurika, Charles Nyambe yashimiye u Rwanda kuba ari intangarugero mu gufasha no kwita ku bafite ubumuga.

Ishyirahamwe ry’abafite ubumuga bwo mu mutwe mu Rwanda ryashinzwe mu 2002 rigamije kubafasha kwiga,kwita ku buzima bwabo no gufasha umuryango Nyarwanda kwakira no kubafata nk’abandi bantu bose binyuze mu mikino ihuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abandi.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Nyakanga 2016, iri Shyirahamwe ryagiranye amasezerano y’ubufatanye na MINISPOC mu rwego rwo gukomeza ibikorwa byaryo no kubigeza mu gihugu hose ndetse no kongera ubushobozi kugira ngo hatagira n’umwe mu bafite n’ubumuga bwo mu mutwe wibagirana.

Charles Nyambe, umuyobozi wungirije wa Special Olympics Africa yashimiye u Rwanda kuba ari igihugu cyateye intambwe ndende mu Karere no muri Afurika mu guha agaciro abafite ubumuga bwo mu mutwe.

Yagize ati "Imikino ihuza abantu. Iyi mikino ihuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abandi basanzwe ibagarurira icyizere ndetse igatuma bisanga mu muryango. Ni imikino ihuza hafi abantu barenga miliyoni, bakishima bakanasabana batitaye ku bumuga bwabo."

Yakomeje agira ati "Special Olympics ikorera mu bihugu hafi 170 ku Isi kugeza ubu. Turashimira u Rwanda kuba ari kimwe muri byo kandi cyagaragaje umwihariko mu guha agaciro abaturage bose, nta vangura bituma n’abafite ubumuga bibona nk’abandi Banyarwanda bose."

Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne yavuze ko ari igikorwa cyiza gufatanya n’iri shyirahamwe kuko bizatuma barushaho kugera ku ntego bihaye zo kwita ku burenganzira bw’abafite ubumuga bwo mu mutwe no kubafasha kwiyumva mu muryango Nyarwanda kandi nta n’umwe uhejwe.

Yagize ati "Ni umunsi udasanzwe kuba tugiranye amasezerano na Special Olympics, umuryango wiyemeje guteza imbere abafite ubumuga bwo mu mutwe babicishije mu mikino. Muzi ko nta muntu uhitamo uko avuka. Ni yo mpamvu tugomba kubaba hafi, tukumva ko bafite uburenganzira nk’ubw’abandi kandi siporo ni imwe mu nzira zo kubahuza."

Minisitiri Uwacu yongeyeho ko u Rwanda ari igihugu cyubaha umuntu wese uko ari, nta vangura na rimwe, yaba irishingiye ku gitsina ndetse n’aho umuntu avuka.

Special Olympics Rwanda ikorana n’abafite ubumuga bwo mu mutwe basaga 1500 bakina imikino irimo umupira w’amaguru, imikino ngororamubiri, tennis, basketball, Volleyball n’indi.

Charles Nyambe umuyobozi wungirije wa Special Olympics Africa
Minisitiri w'Umuco na Siporo ashyira umukono ku masezerano y'ubufatanye na Special Olympics
Ababana n'ubumuga bwo mu mutwe bawuconze karahava
Nubwo babana n'ubumuga bwo mu mutwe ntibibabuza gusabana no kwidagadura
Umwe mu babana n'ubumuga bwo mu mutwe wavuze mu izina rya bagenzi be
Minisitiri w'Umuco na Siporo, Uwacu Julienne yambika abana bakinnye imidari
Ikipe ya Huye yahawe igikombe nyuma yo gutsinda Rulindo igitego kimwe ku busa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages