00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyarwanda Gianca yabaye uwa kabiri muri Rally de Ngozi

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 28 October 2013 saa 07:04
Yasuwe :

Umurundi Bukera Vallery niwe wegukanye Rally de Ngozi yaberareye mu Burundi mu mpera z’iki cyumweru, akoresheje isaha imwe n’iminota 4 (01:04:00) akurikirwa n’Umunyarwanda Giancarlo Davite wasizweho iminota 4 n’amasegonda 17.
Rally de Ngozi ni ubwo ikinirwa i Burundi ibarwa muri shampiyona y’u Rwanda, kuri iyi nshuro yitabiriwe n’abakinnyi 12.
Umunyarwanda Felekeni Mayakaafatanyije n’umufasha we (co-pilote), Idrissa Mulemba, baje ku mwanya wa gatatu, ari inyuma ya Bukera iminota 6 (…)

Umurundi Bukera Vallery niwe wegukanye Rally de Ngozi yaberareye mu Burundi mu mpera z’iki cyumweru, akoresheje isaha imwe n’iminota 4 (01:04:00) akurikirwa n’Umunyarwanda Giancarlo Davite wasizweho iminota 4 n’amasegonda 17.

Rally de Ngozi ni ubwo ikinirwa i Burundi ibarwa muri shampiyona y’u Rwanda, kuri iyi nshuro yitabiriwe n’abakinnyi 12.

Umunyarwanda Felekeni Mayakaafatanyije n’umufasha we (co-pilote), Idrissa Mulemba, baje ku mwanya wa gatatu, ari inyuma ya Bukera iminota 6 n’amasegonda 13.

Elefter Mitraros, ukinira u Rwanda yaje ku mwanya wa kane, akurikirwa n’Umurundi Mohamed Abbas Roshanali na Jean Jean Giesen.

Gakwaya Jean Calude yaje ku mwanya wa 6 akurikiwe na mugenzi we w’Umunyarwanda Twizeyimana Saidi.

Abandi bakinnyi batanu ntibarangije isiganwa barimo n’Umunyarwanda Janvier Mutuga.

Umwaka wa shampiyona y’amasiganwa y’imodoka mu Rwanda uzasozwa tariki ya 9 Ugushyingo hakinwa Rally des Mille Collines, ikazabera mu Rwanda.

Giancarlo Davite niwe ufite ikamba ry’umwaka wa 2012.

Imodoka y'Umunyarwanda, Giancarlo Davite wegukanye umwanya wa kabiri
Felekeni Mayaka watwaye umwanya wa gatatu

Reba agace gato kabashije kuboneka aho Mayaka we yakinaga:


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages