Nyuma y’aho umunya-Afurika y’Epfo, Lill Daren yegukanye Tour du Rwanda 2012, iya 2013 itwawe na mugenzi we Girdlestone Dylan akoresheje amasaha 20 iminota 35 n’amasegonda 55 ku ntera ya Km 804,6 mu gihe Umunya-Algeria Lagab Azzedine ariwe mukinnyi ubashije gutwara igihembo cy’umunsi inshuro ebyiri.
Umunya-Algeria Lagab Azzedine yatwaye igihembo cy’umunsi wa 7
Lagab Azzedine niwe mukinnyi wenyine wabashije gutwara igihembo cy’umunsi inshuro ebyiri muri Tour du Rwanda 2013. Lagab yabaye uwa mbere ku munsi wa 7 ubwo abasiganwa bazengurukaga umujyi wa Kigali ku ntera ya Km 94,2 akoresheje amasaha 2 iminota 23 n’amasegonda 54.
Niyonshuti Adrien niwe Munyarwanda waje imbere ku mwanya wa kane asizwe umunota n’amasegonda 48.
Lagab yagize ati " Ejo [tuva i Huye tuza i Kigali] narababaye kuko nataye umwanya munini ahamanuka, naraye nsinziriye amasaha ane ku buryo uyu munsi nari mfite akanyamuneza, amahirwe kandi nagize imvura ntiyaguye, gutsinda kabiri byantunganye."
Lagab Azzedine yari yabaye uwa mbere kuva i Muhanga bajya i Nyamagabe. Mu 2012, mu irushanwa ryo Kwita izina, Lagab yari yabaye uwa kabiri ku rutonde rusange.
Umunya-Afurika y’Epfo, Girdlestone Dylan yatwaye Tour du Rwanda 2013
Dylan yatangiye kwambara umupira w’umuhondo ku munsi wa Kane, ubwo abasiganwa bavaga i Musanze bajya i Muhanga kugeza ku munsi wa nyuma, gusa uyu munya-Afurika y’Epfo ntiyigeze atwara igihembo cy’umunsi.
Nyuma yo gutwara Tour du Rwanda 2013, Dylan yavuze ko umunsi wa kabiri wamugoye ubwo bavaga i Rwamagana bajya i Musanze cyane ko harimo anhantu hazamuka kandi ari ndende.
Dylan yagize ati " Iyi ntsinzi ndayikesha ikipe [ya Afurika y’Epfo] ikomeye, twari dushyize hamwe, twahuzaga umukino."
Abajijwe icyo atazibagirwa muri Tour du Rwanda 2013 ndetse n’u Rwanda, yavuze ko ari iyi ntsinzi n’abafana benshi yabonye ku muhande n’aho basorezaga, bimusigaye ku mutima.
Yagize ati "Natunguwe n’abafana benshi bashyigikira amakipe yabo, ntakabuza ko mu minsi iri imbere u Rwanda ruzagira ikipe n’abakinnyi bakomeye kuko bakunze uyu mukino."
Mu 2012, Lill Daren yatwaye Tour du Rwanda akoresheje 22h43’41’’ ku ntera ya Km 890.3 mu gihe Girdlestone Dylan yari yakoresheje 22h45’28’’. Kimwe nko mui 2013, Dylan ntigeze atwara igihembo cy’umunsi.
Ubwo yitabiraga Tour du Rwanda bwa mbere mu 2011, Girdlestone Dylan yatwaye umwanya wa gatatu.
Mu bindi bihembo byatanzwe, Umunya Erithrea Eyob Metkel yaciye agahigo ko kumarana umwambaro wa COGEBANQUE wambarwa n’umukinnyi watereye kurusha abandi iminsi irindwi yose akusanyije amanota 81 akurikirwa na VAN ZYL Johann wa MTN Qhubeka ufite amanota 53.
Ikipe ya AS BE CO yo muri Erithrea niyo yabaye ikipe nziza ya Tour du Rwanda 2013 aho yakoresheje amasaha 62 n’amasegonda 15, ikurikirwa na Rwanda Karisimbi yasizwe iminota 8 n’amasegonda 13 naho Rwanda Akagera iba iya kane mu makipe 13 ukuyemo Gabon itarangije.
Nsengiyumva Jean Bosco ukinira Rwanda Karisimbi niwe Munyarwanda wahembwe witwaye neza, yaje ku mwanya wa 6 asizwe iminota 4 n’amasegonda 52 mu gihe Ndayisenga Valens wakinnye ku nshuro ya mbere Tour du Rwanda, akaba uwa mbere bava i Rwamagana bajya i Musanze, yahembwe nk’Umunyarwanda ufite ejo heza, yarangije ku mwanya wa 11.
Bayingana Aimable, umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’abasiganwa ku magare (FERWACY) yavuze ko abantu bitabiriye ari benshi byatumye Tour du Rwanda irushaho kumyekana henshi, imyitywarire y’abakinnyi bakiri bato iratanga icyizere.
Bayingana yagize ati " Sinzi niba ari ubwiyongere bw’abafana bwaratewe n’uko hari inzira twahinduye [Kigali-Kirehe, Rwamagana-Musanze, Rubavu-Kinigi na Muhanga-Nyamagabe] kandi uko Abayarwanda bagiye batsinda kandi bakiri bato bitanga icyizere ko nubwo ubu tudatwaye isiganwa dufite ejo heza, tukaba tugiye kongerera abakinnyi bacu amarushanwa.
Ku rutonde rusange rwa Tour du Rwanda 2013:
1. Girdlestone Dylan -Afurika y’Epfo 20h35’55’’
2. Meintjes Louis - MTN Qhubeka - 02’01’’
3. Eyob Metkel -AS BE CO - 02’20’’
4. Njoroge John -Kenya - 03’39’’ (mu 2012 yari uwa gatatu)
5. Debretsion Aron -AS BE CO - 04’20’’ (no mu 2012 yari ku mwanya wa 5)
6. Nsengiyumva Jean Bosco - Rwanda Karisimbi - 04’52’’
9. Niyonshuti Adrien -MTN Qhubeka - 06’35’’
11. Ndayisenga Valens -Rwanda Akagera - 07’16’’
12. Hadi Janvier - Rwanda Karisimbi - 07’26’’
14. Biziyaremye Joseph - Rwanda Akagera - 08’40’’


















TANGA IGITEKEREZO